Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ikintu Shaddy Boo ‘Afite Ku Mubiri’ Gikurura Platini, i Dubai ‘Yamwishyuye’ Arenga 1000$
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Hari Ikintu Shaddy Boo ‘Afite Ku Mubiri’ Gikurura Platini, i Dubai ‘Yamwishyuye’ Arenga 1000$

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2021 12:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi Nemeye Platini avuga ko hari ikintu icyamamare Shaddy Boo afite kimukurura. Ntiyatangaje icyo aricyo ariko avuga ko kiri ku mubiri wa Shaddy Boo. Yabitangaje nyuma y’indirimbo  aherutse gutangariza abafana be igaragaramo Shaddy Boo. Yayise Helena.

Amakuru dufite avuga ko yaba yarayitanzeho agera ku 3500 $.

Nyirubwite[ Platini] yanze kugira icyo abitubwiraho, avuga ko ari ‘ibanga ry’akazi.’

Ku byerekeye amafaranga yaba yarishyuye Shaddy Boo ntitwayamenye ariko uyu mukobwa yigeze kuvuga ko nta muntu yajya mu ndirimbo ye atamwishyuye hejuru ya 1000$.

Uwafashije Platini gukora iriya ndirimbo( director) we yatubwiye ko yishyuwe arenga 2000$.

Shaddy Boo na Platini bari bamaze iminsi runaka i Dubai muri Leta ziyunze z’Abarabu bari gukora Helena hamwe  n’indi ndirimbo izasohoka mu minsi iri imbere.

Platini kandi yari yajyanye n’abandi bakobwa 10[Shaddy Boo akaba uwa 11] kugira ngo bazabyine mu ndirimbo ebyiri yagombaga kuhakorera.

Igihe cyose bamaranye bari Dubai ngo hari byinshi yabonye kuri Shaddy Boo atari asanzwe amuziho.

Ati “Nabonye ari umunyarugwiro kandi ikintu akunda ku isi ni abana be kuko abavuga buri munota.”

Mbere y’uko abantu bamenya ko Shaddy Boo azakorana indirimbo na Platini, uyu muhanzi yashyize ifoto ye kuri Instagram, ayikurikiza andi y’abakobwa benshi biganjemo abahatanye muri Miss Rwanda mu byiciro byahise.

Nyuma yo gusohora indirimbo Helena, Nemeye Platini  yavuze ko abafana be bagomba kwitegura ibindi byiza azabakorera.

Nemeye Platini yahoze aririmba mu itsinda rya Dream Boys. Yarangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu itangazamakuru muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda.

Akiririmbana na mugenzi we Mujyanama Jean Claude begukanye irushanwa rya Guma Guma ryahembaga miliyoni 20 frw.

Uretse umuziki, Platini  ni umuhanzi ufite kompanyi ikodesha imodoka. Afite inzu nziza i Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Bombi i Dubai
TAGGED:DubaifeaturedHelenaPlatiniShaddy boo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Perezida Ndayishimiye avugako icyo bapfa n’uRwanda bakizi
Next Article Frank Lampard Watozaga Chelsea Yirukanywe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?