Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ikintu Shaddy Boo ‘Afite Ku Mubiri’ Gikurura Platini, i Dubai ‘Yamwishyuye’ Arenga 1000$
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Hari Ikintu Shaddy Boo ‘Afite Ku Mubiri’ Gikurura Platini, i Dubai ‘Yamwishyuye’ Arenga 1000$

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2021 12:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi Nemeye Platini avuga ko hari ikintu icyamamare Shaddy Boo afite kimukurura. Ntiyatangaje icyo aricyo ariko avuga ko kiri ku mubiri wa Shaddy Boo. Yabitangaje nyuma y’indirimbo  aherutse gutangariza abafana be igaragaramo Shaddy Boo. Yayise Helena.

Amakuru dufite avuga ko yaba yarayitanzeho agera ku 3500 $.

Nyirubwite[ Platini] yanze kugira icyo abitubwiraho, avuga ko ari ‘ibanga ry’akazi.’

Ku byerekeye amafaranga yaba yarishyuye Shaddy Boo ntitwayamenye ariko uyu mukobwa yigeze kuvuga ko nta muntu yajya mu ndirimbo ye atamwishyuye hejuru ya 1000$.

Uwafashije Platini gukora iriya ndirimbo( director) we yatubwiye ko yishyuwe arenga 2000$.

Shaddy Boo na Platini bari bamaze iminsi runaka i Dubai muri Leta ziyunze z’Abarabu bari gukora Helena hamwe  n’indi ndirimbo izasohoka mu minsi iri imbere.

Platini kandi yari yajyanye n’abandi bakobwa 10[Shaddy Boo akaba uwa 11] kugira ngo bazabyine mu ndirimbo ebyiri yagombaga kuhakorera.

Igihe cyose bamaranye bari Dubai ngo hari byinshi yabonye kuri Shaddy Boo atari asanzwe amuziho.

Ati “Nabonye ari umunyarugwiro kandi ikintu akunda ku isi ni abana be kuko abavuga buri munota.”

Mbere y’uko abantu bamenya ko Shaddy Boo azakorana indirimbo na Platini, uyu muhanzi yashyize ifoto ye kuri Instagram, ayikurikiza andi y’abakobwa benshi biganjemo abahatanye muri Miss Rwanda mu byiciro byahise.

Nyuma yo gusohora indirimbo Helena, Nemeye Platini  yavuze ko abafana be bagomba kwitegura ibindi byiza azabakorera.

Nemeye Platini yahoze aririmba mu itsinda rya Dream Boys. Yarangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu itangazamakuru muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda.

Akiririmbana na mugenzi we Mujyanama Jean Claude begukanye irushanwa rya Guma Guma ryahembaga miliyoni 20 frw.

Uretse umuziki, Platini  ni umuhanzi ufite kompanyi ikodesha imodoka. Afite inzu nziza i Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Bombi i Dubai
TAGGED:DubaifeaturedHelenaPlatiniShaddy boo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Perezida Ndayishimiye avugako icyo bapfa n’uRwanda bakizi
Next Article Frank Lampard Watozaga Chelsea Yirukanywe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?