Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ingamba Zafatiwe Abashaka Gusura Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hari Ingamba Zafatiwe Abashaka Gusura Tanzania

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 September 2021 9:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi muri Minisiteri y’ubuzima ya Tanzania n’iya Zanzibar  basohoye itangazo ryemeranyijweho rivuga ko abantu bajya muri Tanzania hari ibyo bagomba kuba bujuje harimo no kuba baripimishije COVID-19  mu gihe kitari munsi y’amasaha 96.

Ririya tangazo ryasohowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima wa Tanzania Abel Makubi na mugenzi we wo muri Zanzibar witwa Fatma Mrisho.

Tanzania yavuze ko abantu izemera ko bayinjiramo ari abipimishije COVID-19 bakoresheje uburyo bwimbitse bwo kuyipima bita Real Time Reverse Transcription Polymerase Chain Reaction (RT-PCR) cyangwa ubundi buryo bita  Nucleic Acid Amplifications Tests (NAATS) bwakorewe ku bitaro byemewe na Leta baturutsemo cyangwa ibigo bifata ibipimo bita laboratories nabyo byemewe na Leta.

Abashaka kujya muri Tanzania kandi bagomba kuzuza inyandiko ibisaba iri kuri murandasi kandi bakabikora mu masaha 24 mbere y’uko bagana yo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

The East African ivuga ko Tanzania yanzuye ko abagenzi baturutse mu bihugu byagaragayemo kuzamuka k’ubwandu bwa COVID-19 mu minsi 14 ishize, bazajya bongera bapimwe bageze muri Tanzania kandi biyishyurire ikiguzi cyabyo.

Ikiguzi ni amadolari y’Amerika 10 ni ukuvuga 10 000 Frw, mu mashilingi ya Tanzania ni 23,000(Tsh23,000).

Uzinjirira muri Zanzibar we azishyura amadolari 25, ni  25000 Frw, ni ukuvuga ibihumbi mirongo itanu n’umunani by’amashilingi ya Tanzania(Tsh58,000) .

Minisiteri y’ubuzima muri Tanzania yasabye inzego zose bireba gukurikirana niba aya mabwiriza yubahirizwa kandi abantu bagakomeza guhana intera, gukaraba intoki no kwambara udupfukamunwa.

Izi ngamba zigomba gutangira gushyirwa mu bikorwa tariki 19, Nzeri, 2021.

- Advertisement -

 

TAGGED:COVID-19featuredTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafatiwe Ku Mupaka Bafite Ibyangombwa Bihimbano By’Uko Bipimishije COVID
Next Article Umujyi wa Bujumbura Washyizeho Ibihano Bikomeye Ku Bica Amabwiriza Yo Kurwanya COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?