Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ubwoba Ko Abanyamerika Baba Muri Uganda Bashobora Kurogwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hari Ubwoba Ko Abanyamerika Baba Muri Uganda Bashobora Kurogwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2023 7:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta zunze ubumwe z’Amerika yaburiye abaturage b’iki gihugu kutajya muri Uganda uko biboneye kandi n’abasanzwe bahatuye bakagira amakenga.

Itangazo ritanga uyu muburo risohotse nyuma y’igihe gito Amerika ivuze ko igiye gufatira ibihano abayobozi bakuru muri Uganda nyuma y’uko iki gihugu cyemeje itegeko rihana abatinganyi.

Iri tegeko ritanga ibihano birimo n’icy’urupfu ku mutinganyi uzahamwa n’icyaha cyo ‘gutinga’ umwana bikamuviramo indwara zidakira.

Itangazo ry’Amerika rivuga ko abaturage bayo baba cyangwa bateganya gusura Uganda bagomba kwitwararika kubera ubugizi bwa nabi buri kuhakorerwa, iterabwoba  n’ibikorwa bizakurikira iyemezwa ry’itegeko rihana ubutinganyi.

Muri iri tangazo harimo ingingo ivuga ko hari amakuru Amerika ifite avuga ko mu gihe kiri imbere i Kampala hashobora kuzibasirwa n’ibikorwa by’iterabwoba.

Mu mwaka wa 2022 hirya no hino mu Burengerazuba bw’iki gihugu habereye ibyo bikorwa.

Hari mu Ukuboza, 2022 ubwo ibitero nk’ibi byakorerwaga muri Kampala ndetse bikaba byarahabaye no mu mwaka wa 2021.

Icyo gihe Polisi y’iki gihugu yatangaje ko byakozwe na ADF isanzwe irwanya Uganda ariko ikagira icyicaro muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abanyamerika bavuga ko n’ubwo amakuru bafite yerekana ko nta tsinda runaka biriya bitero bizaba bigambiriye, ariko ko buri wese ashobora kubigenderamo.

Bityo n’abaturage b’iki gihugu ngo bagomba kuba biteguye, bakirinda kujya mu bikorwa bihuriza hamwe abantu benshi.

Amerika isaba abayo baba muri Uganda kuzirikana ko kiriya gihugu kirimo abanyarugomo benshi bakora ubujura bwitwaje intwaro, bagasahura, bakica bityo ngo ni ngombwa kwitwararika.

Imijyi abantu bayo bakwiye kwitondera ni umurwa mukuru Kampala, Entebbe, no mu gace ka Karamoja, Uburengerazuba n’Amajyaruguru bya Uganda.

Abanyamerika bavuga ko bafite amakuru ahagije yerekana ko hari ibice by’iki gihugu Polisi yacyo idafitiye ubushobozi bwo gukoma imbere abanyabyaha.

Bashobora kurogwa…

Ubutegetsi bw’i Washington busaba abaturage babwo baba muri Uganda kudasiga amafunguro aho aho ari ho hose ntawe bayarindishije kuko hari abantu bashobora gushyiramo uburozi.

Aho basabwe kwirinda ibi ni mu tubari n’ahantu abantu bafatira amafunguro mu buryo bwa rusange.

Basabwe no kugabanya ingendo mu ijoro ndetse no mu rukerera ahubwo bakajya bataha kare.

Bibukijwe ko kugaragariza abatuye imijyi twavuze haruguru ko batunze ibintu bihenze, ari ugushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Ibyo bihenze ni amasaha, imitako, mudasobwa, imodoka zihenze ndetse bakamenya n’ubwenge bwo kwirinda kurwanya abantu baje kubiba bitwaje intwaro.

Kurwanya umuntu uje kukwiba yitwaje intwaro ni ukwiyahura kabiri.

Amerika yasabye abaturage bayo b’i Kampala kwirinda gukingurira umuntu ukomanze ku rugi muri hoteli barimo, keretse bamuzi.

Bagomba no kumenya kugendera kure ahantu hakunze guhurira abakerarugendo b’abanyamahanga, bakitwararika igihe bagiye kuri banki cyangwa gukoresha ibyuma bya banki bitanga amafaranga.

Amerika  yasabye abaturage bayo kugendana passport za fotokopi, ‘original’ bakazibika aho bishoboka.

Ikindi ni uko  buri Munyamerika agomba kujya abwira abavandimwe be cyangwa inshuti ze aho agiye.

Buri wese yibukijwe ko muri Uganda hari itegeko rihana abatinganyi, bityo ko abazagaragara muri ibyo bikorwa bashobora guhanwa, harimo gucibwa imanza, cyangwa bakaba bagirirwa nabi n’abaturage.

TAGGED:AbatinganyiAmerikafeaturedHoteliItegekoKampalaUgandaUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasenateri Bagiye Kureba Uko Abatuye Imidugudu Babayeho
Next Article Rwamagana: Biyogazi Mu Midugudu Y’Ikitegererezo Zarumye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel

Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade

Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

You Might Also Like

IbidukikijeIbiza KamereMu RwandaUmutekano

Kayonza: Imvura Yishe Batandatu Biganjemo Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbuzima

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?