Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: HEC ivuga ko ikica ireme ry’uburezi ari uko abarimu bahembwa nabi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

HEC ivuga ko ikica ireme ry’uburezi ari uko abarimu bahembwa nabi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2020 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Inama y’Igihugu ishinzwe amashuri makuru na za Kaminuza, High Education Council, Dr Rose Mukankomeje avuga ko basanze ikintu  cy’ingenzi kica ireme ry’uburezi ari uko abarimu batahembwa neza bigatuma batigisha neza.

Mukankomeje uherutse kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri nk’Umuyobozi mukuru w’iriya nama yavuze ko ikigo ayobora cyasohoye amabwiriza mashya azagenderwaho mu gufungura Kaminuza nshya, muri yo hakabamo ko Kaminuza igomba kuba ifite amafaranga izakoresha byibura mu myaka itatu.

Avuga ko ariya mafaranga ari ayo gutuma Kaminuza ikora akazi kayo neza harimo kwishyura ibyo ikeneye byose no guhembera abarimu ku gihe.

Ati: “Kimwe mu bintu bituma uburezi butamera neza ari uko hari abafunguraga ishuri badafite ibyangombwa byose, bagasaba ko baba bihanganiwe, umwarimu ntahembwe neza, nawe ntiyigishe neza.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr Mukankomeje avuga ko amikoro make ya za Kaminuza akunda kuba intandaro y’uko zifungwa.

Inama Nkuru ishinzwe amashuri makuru na za Kaminuza ivuga ko muri iki gihe ushaka gufungura Kaminuza agomba kuba afite inyubako ndetse n’amikoro azamufasha byibura mu myaka itatu.

Ku rundi ruhande ariko Leta ivuga ko izakomeza gucunga imikorere yaza Kaminuza kugira ngo zitirara zikagira ibyo zangiza.

Amikoro make niyo yatumye Ishuri ry’ibaruramari rya Kigali rifunga…

Kigali Institute of Management, KIM, iherutse gufunga imiryango kubera ikibazo cy’amikoro.

- Advertisement -

Mu Ugushyingo, 2020, ubuyobozi bwa Kaminuza yigisha ibaruramari bwatangaje ko iriya Kaminuza ifunze imiryango kubera kubura amikoro.

Byatangarijwe abanyeshuri tariki ya 3 Ugushyingo 2020 mu itangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi wungirije w’agateganyo w’iriya Kaminuza Bwana Jean-Baptiste Mugabe.

Iki cyemezo cyaje gikurikira inama yahuje ubuyobozi bwa kaminuza n’abahagarariye abanyeshuri yabaye ku ya 20 Ukwakira 2020.

Iri tangazo ryagiraga riti “Ibiro by’umuyobozi w’ikigo birashaka kumenyesha abanyeshuri bose ko kubera ibibazo by’amafaranga twifuje kubamenyesha ko Kaminuza ya KIM itazongera gufungura imyigishirize n’izindi serivisi zijyanye nayo.”

 

Ifaranga rya University of Kigali ryahise rikora akazi…

Bidateye kabiri  ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kigali (University of Kigali) bwatangaje ko bwavuganye n’ubwahoze ari ubwa Kigali Institute of Managament bemeranya ko igura inyubako zayo.

Umuyobozi  wa Kaminuza ya Kigali Bwana Gustave Tombola yavuze  ko impande zombi zasinye amasezerano y’ubuguzi  bw’inyubako za KIM.

Inyubako ziriya Kaminuza yahombye zituranye na kaburimbo iva i Kigali igana Rwamagana.

Ni mu nkengero  z’ikibaya cya Nyandungu ahari gutunganywa ubusitani bwiza buzajya buha abahatembereye amahumbezi.

TAGGED:AmikorofeaturedHECKaminuzaMukankomeje
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Abakozi b’Akarere bashinja Meya kubatoteza, we arabihakana
Next Article Igitero cy’ikoranabuhanga cy’Abarusiya ku Banyamerika bakigeranyije nicya Pearl Harbor
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?