Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hong Kong: Abantu 44 Bishwe N’Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hong Kong: Abantu 44 Bishwe N’Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2025 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iyi nkongi yavukije ubuzima abantu 44.
SHARE

Inkongi imaze iminsi mu mujyi wa Hong Kong imaze guhitana abantu 44 abandi 270 bakomeretswa n’ibibatsi byayo. Hagati aho hari abakoze mu bigo by’ubwubatsi batawe muri yombi kugira ngo babazwe icyabateye kubaka inzu zidashobora guhangana n’inkongi.

Intara ya Hong Kong yibasiwe n’iriya nkongi ni iyitwa Tai Po kandi BBC yanditse ko abenshi mubo yahitanye ari abageze mu zabukuru batashoboye guhunga mu buryo bworoshye.

Inzu zakongowe n’iyo nkongi ahanini zari zubakishijwe ibikoresho bidashobora kwihanganira umuriro w’inkekwe birimo ibyo bita ‘mesh’ bikozwe muri pulasitike ndetse n’amabati akozwe muri iki kinyabutabire.

Ibi bikoresho bidakomeye biri mu bivugwaho gutiza umurindi ibirimi by’umuriro bigakwiragira vuba.

Abashinzwe kurwanya inkongi bamaze hafi amasaha 18 barwana nayo ngo barebe ko yahosha ntikomeze kwadukira izindi nyubako ziri hafi y’ahitwa Wang Fuk Court.

Imibare bagenzi bacu ba BBC bahawe n’ubuyobozi, ivuga ko hafi 40% by’abantu 4,600 babaga mu nzu yibasiwe n’iyi nkongi yitwa Wang Fuk Court ari abageze mu zabukuru bafite byibura imyaka 65 kandi iyi nyubako irakuze kuko yubatswe mu mwaka wa 1980.

Inkongi ikomeye yaherukaga gukongora inyubako za Hong Kong yabaye mu myaka 63 ishize, icyo gihe hari mu mwaka wa 1962 ubwo agace ktwa Sham Shui Po kibasirwaga nayo.

Gusa mu Ugushyingo, 1996 nabwo undi muriro watwitse inyubako yitwa Garley Building iri ahitwa Kowloon ihitana abantu 41 abandi 81 barakomereka.

Icyakora inkongi ikomeye kurusha izindi zose zizwi mu mateka ya Hong Kong yabaye mu mwaka wa 1948 itwika igorofa rigeretse gatanu yica abantu 176, ibintu byinshi by’agaciro kanini biratikira.

TAGGED:AbagezeHongInkongiIzabukuruKongUbutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyishimo Bya Kagame Kubera Intsinzi Ya Arsenal
Next Article Iseru: Indwara Iheruka Mu Rwanda Iravugwa i Masisi Na Rutshuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iseru: Indwara Iheruka Mu Rwanda Iravugwa i Masisi Na Rutshuru

Hong Kong: Abantu 44 Bishwe N’Inkongi

Ibyishimo Bya Kagame Kubera Intsinzi Ya Arsenal

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?