Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gahunda Y’Uruzinduko Rwa Macron Mu Rwanda, Azazana Na Mushikiwabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Gahunda Y’Uruzinduko Rwa Macron Mu Rwanda, Azazana Na Mushikiwabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2021 11:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Rwanda cyane cyane mu Mujyi wa Kigali ibiganiro biterekeye ibiri kubera i Rubavu kubera umutingito uhamaze igihe, ni ibyerekeye uruzinduko Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron azagirira mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 27, Gicurasi, 2021. Nyuma y’u Rwanda azakomereza urugendo muri Afurika y’Epfo.

Mu masaha ya mu gitondo nibwo biteganyijwe ko azaba ageze i Kigali. Umwe mu bantu bazaba bari kumwe nawe ni Madamu Louise Mushikiwabo usanzwe ayoboye Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa ufite ikicaro i Paris.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko Perezida Macron nagera mu Rwanda azahitira ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi mu Karere ka Gasabo akunamira inzirakarengane zihashyinguye zirenga 250 000 akanahashyira indabo ku mva ziruhukiyemo.

Jeune Afrique yanditse ko azahavugira ijambo. Hazaba ari saa tanu z’amanywa(11h00am) ku isaha y’i Kigali.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Niwe wa mbere muri ba Perezida b’u Bufaransa uzaba uhavugiye ijambo kuko n’uwo mubanjirije Bwana Nicolas Sarkozy atigeze abikora.

Narangiza kuvuga ijambo rye, azakomereza ajya kwakirwa na mugenzi we Perezida Paul Kagame basangire amafunguro.

Mu biganiro azagirana nawe harimo kwemeza ugomba guhagararira u Bufaransa mu Rwanda, nyuma rero akazamutangariza u Rwanda n’isi muri rusange mu kiganiro Abakuru b’ibihugu byombi bazaha itangazamakuru.

Bazaganira kandi ku bindi bibazo bireba ibihugu byombi ndetse n’uko umubano wabyo uzagenda mu bihe biri imbere.

Bazajya i Tumba…

- Advertisement -

Nyuma y’iki kiganiro biteganyijwe ko Emmanuel Macron n’itsinda ayoboye bazagana mu Karere ka Rulindo mu ishuri rya Institut Polytechnique de Tumba aho Ikigega gishinzwe iterambere mpuzamahanga cy’Abafaransa  l’Agence Française de Développement (AFD) gifite ibikorwa giteramo inkunga.

Mu gicamunsi Perezida Macron azafungura ku mugaragari Inzu ndangamurage y’Abafaransa iri mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Rugando, Umurenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

Louise Mushikiwabo azaba ari kumwe na Macron i Kigali

Hepfo gato y’ahubatswe Ibiro by’Umurenge wa Kimihurura.

Icyo gihe azaba ari kumwe na Madamu Louise Mushikiwabo.

Hazaba hari kandi abanditsi Scholastique Mukasonga na Annick Kayitesi, Umudepite w’Umufaransa ukomoka mu Rwanda witwa Hervé Berville, umukinnyi wa Filimi akaba yarigeze no kuba Miss France akaba afite n’inkomoko mu Rwanda witwa Sonia Rolland.

Hazaha hari na Le Général Jean Varret.

TAGGED:featuredGasaboKagameKigaliMacronMushikiwaboRulindoUrwibutso
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibitero Bya Grenade Byahitanye Benshi I Bujumbura, Abandi Barakomereka
Next Article FLN Yemeye Ko Ari Yo Yagabye Igitero Mu Bweyeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?