Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye: Gushakisha Batandatu Baguye Mu Kirombe BYAHAGARITSWE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Huye: Gushakisha Batandatu Baguye Mu Kirombe BYAHAGARITSWE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2023 7:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yanzuye ko ibyo gushakisha imibiri itandatu y’abantu baguye mu kirombe kiri mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Huye bihagarara.

Hashize iminsi 16, Guverinoma ishakisha abo bantu baguye mu kirombe gifite byibura metero 80 z’ubujyakuzimu.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu Assoumpta Ingabire yaganirije imiryango ya bariya bantu ababwira ko ntako Leta itagize ngo ibashake kubera ko gucukura byari bimaze kugera muri metero 70 ariko ntibaboneke.

Yababwiye ko nta mahirwe namba ahari y’uko baba bagihumeka kandi ko gukomeza gucukura biri kwangiza ibidukikije.

Minisiteri Assoumpta Ingabire yaganirije imiryango ya bariya bantu

Hashize igihe Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Emmanuel Habiyaremye abwiye Taarifa ko  ku Cyumweru taliki 23, Mata, 2023 ubwo abari gushakisha abantu baguye mu mwobo bari bamaze gucukura ku rwego bari bizeye ko bari bubabone, igisimu cy’ubutaka cyahanantutse gifunga aho bari bararangije gucukura.

Byakomye mu nkokora umuhati abatabazi bari bamazemo igihe bashakisha abantu batandatu baguye muri kiriya cyobo kiri mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye.

Muri bo harimo abanyeshuri batatu bigaga muri rimwe mu mashuri yisumbuye  yo muri Kinazi.

Mu rwego rwo kwirinda ko byakongera, icyo gihe abacukura bahisemo gusenya ahantu hose babona ko hashoboraga kuzongera kuriduka, bagura ubuso bw’aho bagomba gucukura.

Kuva iriya mpanuka yaba, inzego zarahuruye ngo harebwe uko bariya bantu batabarwa, ariko ntibyashobotse.

Nyuma y’iki gihe cyose, ni ukuvuga nyuma y’iminsi 16, umuhati ntacyo wagezeho none Leta yanzuye ko ibi bikorwa bihagarara.

TAGGED:AbantufeaturedHuyeIcyoboImpanukaIngabireLeta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Irasaba Abaturage Kumvira Abayobozi
Next Article Impande Zihanganye Muri Sudani Zatangiye Ibiganiro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?