Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Gicumbi Babonye Fusso Ipakiye Ibicuba By’Amata Iguye Aho Gutabaza Barabisahura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

I Gicumbi Babonye Fusso Ipakiye Ibicuba By’Amata Iguye Aho Gutabaza Barabisahura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 October 2021 3:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo icumi bafashwe kuri uyu wa Gatanu tariki 22, Ukwakira, 2021 bakurikiranyweho gusahura Fusso yakoze impanuka itwaye ibicuba 52 by’amata. Aho gutabaza bihutiye kuyisahura bajyana mu ngo zabo. Ni impanuka yabereye ahitwa Maya, Akagari ka Kabuga mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi

Abaturage bageze aho iriya mpanuka yabereye bihutiye gusahura ibicuba byari bikirimo amata aho kugira ngo batabaze Polisi itabare abagize ibyago.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi, Superintendent of Police (SP) Ndahimana Gisanga yanenze bariya baturage kubera ubupfura bucye bagaragaje.

SP Ndahimana Gisanga ati: “Umushoferi yageze hariya twavuze haruguru akora impanuka ata umuhanda ku bw’amahirwe ntiyapfuye. Ubuyobozi bwa sosiyete icuruza ayo mata bwatubwiye ko yari atwaye ibicuba 52 ariko byose abaturage barabyibye. “

Iyi kamyo yaraye ihirimye ipakiye ibicuba birimo amata

Avuga ko Polisi yamaze kugaruza ibicuba 29 ifata n’abantu 10 bacyekwaho kubyiba.

Abatuye muri kariya gace basatswe hafatitwa ibicuba 29.

Yashimye abagize uruhare mu kuranga aho biriya bicuba byaba bararengeye kugira ngo bigaruzwe.

Hari abagize rusahuriramunduru…

Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi ivuga ko atari ubwa mbere abantu bo muri kariya gace basahura ikinyabiziga cyagize impanuka.

SP Ndahimana avuga ko nta gihe kinini gishize muri kariya gace abaturage basahuye imodoka yakoze impanuka ipakiye ibirayi.

Ati: “ Akenshi abaturage tubabwira ko igihe habaye impanuka batagomba gusahura ahubwo bagomba kugira umutima wo gutabariza abagize impanuka bakajyanwa kwa muganga kandi bakanarinda abagize impanuka igihe Polisi itarahagera.”

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Byumba kugira ngo bakurikiranwe mu matageko.

Ni mugihe hakirimo gukorwa iperereza kugira ngo hafatwe n’abandi bagize uruhare mu kwiba ibindi bicuba bisigaye.

Impanuka nka ziriya hari ubwo zibyara ibyago bikomeye…

Hari ahantu hamwe na hamwe muri Afurika abaturage bahitanwa n’umuriro ukomeye uturutse ku bikomoka kuri petelori baba bagiye gusahura nyuma yo kubona ko amakamyo abipakiye yahirimye.

Ibikorwa nka biriya bihubukiwe kandi bitabayemo ubushishozi byasize abantu mu marira menshi nyuma y’uko inkongi zitokombeje abo bafitanye isano.

Akenshi bariya baturage baturikanwa n’ibikomoka kuri petelori iyo bari kubivoma bagamije kubibika mu ngo zabo ngo  bazabigurishe ku batwara amakamyo baca mu nzira baturiye.

Ahaheruka hazwi ni muri Tanzania.

Icyo gihe hari mu Ukwakira, 2019 ubwo abantu 62 bapfaga bazize ikamyo yaturitse bagiye bari kuyividura lisanse nyuma y’impanuka yari yakoze.

Hari ku Cyumweru tariki 10, Kanama, 2021 mu gace kitwa Morogoro muri Tanzania.

Iyo kamyo yari ivuye i Dar es Salaam, ihirima igeze ahitwa Msamvu mu Ntara ya Morogoro.

Shoferi yarayikase ntiyayigarura bituma ihirima lisansi ikameneka, abantu bakaza kuyivoma.

Abenshi mu baje kuyivoma ntibongeye guhumeka!

Iyi kamyo yari ivuye i Dar es Salaam, ihirima igeze ahitwa Msamvu mu Ntara ya Morogoro.

Tugarutse ku byabereye i Gicumbi, abibye biriya bicuba bakoze icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda.

Itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 ingingo ya 166 ivuga ko  Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 y’iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira,  kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro, kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

TAGGED:AmatafeaturedGicumbiIbicubaImpanukaPolisiTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel- Rwanda Yahaye Abamotari Umwambaro W’Akazi Mushya
Next Article Mu Matora Y’Abagize Komite Y’Umudugudu Buri Wese Azane Ikaramu YE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?