Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Kayonza Bitwikiriye Ijoro Batema Urutoki Rw’Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

I Kayonza Bitwikiriye Ijoro Batema Urutoki Rw’Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2021 1:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Jean Pierre Kabera yabwiye Taarifa ko hari umugabo akeka ko yitwikiriye ijoro atema insina ze 50. Uwo akeka yitwa Mugabo, kandi ngo ntarafatwa. Ubuyobozi bw’Umurenge buvuga ko buri buganirize abaturage bakamuremera!

Ziriya nsina ziteye mu Kagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza.

Umusaza Kabera avuga ko insina ze zari ziteye ku buso bunini kuko hagati y’insina n’indi harimo metero eshatu.

 Ati: “ Nahateye insina z’inyamunyo kandi hagati y’insina n’indi harimo metero eshatu. Nayishyizemo ifumbire none barampombeje.”

Yavuga ko hari umugabo akeka witwa Mugabo bari basanzwe bafitanye amakimbirane kuko yigeze kumutiza icyuma gikurura imirasire y’izuba kikayibyaza amashanyarazi kimubirira iwe, amwitwaramo umwikomo.

Kuva icyo gihe ngo bakomeje kutarebana neza, ndetse ngo mu Cyumweru gishize yamusanze iwe yasinze aramutuka, anamubwira ko ‘azamuhemukira.’

Kabera asanzwe atuye mu Murenge wa Gahini, mu Karere Kayonza.

Gitifu wa Mwiri ati: “ Turaganira n’abaturage tumuremere…”

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Mwiri Bwana Alexis Bright Nsoro avuga ko bageze aho biriya byabereye basanga byahombeje uriya mugabo.

Avuga ko bibabaje kubona umuturage ahomba bidaturutse  ku kiza( disaster) ahubwo bikozwe n’umuturage mugenzi we.

Avuga ko  batangiye iperereza ngo bamenye uwabikoze.

Ku ngingo y’uko hakekwa uwitwa Mugabo, Nsoro yavuze ko bagishakisha uwo mugabo yamara gufatwa akaba afunzwe byazagaragara ko abeshyerwa akarekurwa.

Ikindi ni uko ari buganire n’abaturage bakemeranya icyo baba baremeye uriya muturage kuko bigaragara ko yahombye kandi muri ibi bihe ubukungu bwifashe nabi kubera icyorezo COVID-19.

Umusaza Kabera Jean Pierre imbere y’urutoki rwe batemye
TAGGED:featuredGahiniGitifuInsinaKayonza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Mu Ishyaka Rya Dr. Kayumba Akurikiranyweho Ubujura Bukoreshejwe Ibikangisho
Next Article Igerageza Rishya Ryerekanye Ko Urukingo Rwa AstraZeneca Rukora Kuri 79%
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?