Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Rulindo Naho Hafatiwe Abacukura Zahabu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

I Rulindo Naho Hafatiwe Abacukura Zahabu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2025 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abacukura amabuye mu buryo butemewe bangiza ibidukijije bagahombya igihugu.
SHARE

Nyuma y’iminsi mike mu Murenge wa Miyove mu Karere ka Gicumbi hafatiwe abantu bakurikinyweho gucukura zahabu mu buryo budakurikije amategeko, ubu abandi barindwi bafatiwe i Rulindo mu Murenge wa Rukozo, Akagari ka Mberuka.

Bafatiwe i Rulindo mu Murenge wa Rukozo, Akagari ka Mberuka

Bafatanywe ibitiyo, ibikarayi, amapiki n’ibindi bikoresho gakondo bakoreshaga bacukura iri buye ry’agaciro akenshi riba ritemba mu mazi mu migezi mito mito yo mu Majyaruguru y’u Rwanda.

Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwa gakondo butemewe bwangiza byinshi birimo ibidukikije, imirima y’abaturage, gucukura umutungo w’igihugu no kuwugurisha mu buryo butemewe n’amategeko, bikagendana n’urugomo.

Abacukura amabuye mu buryo butemewe bangiza ibidukijije bagahombya igihugu.
Mu minsi ishize abantu nk’aba bafatiwe no muri Gicumbi mu Murenge wa Miyove.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Inspector of Police( IP) Ignace Ngirabakunzi ati: “Usibye kwangiza ibintu bigaragarira amaso, ubu bucukuzi butuma imibanire y’abaturage iba mibi, aho usanga abishora muri ubu bucukuzi bashyamirana n’abo bangiriza imyaka”.

Yabwiye Taarifa Rwanda ko abo bantu bafashwe hagati ya saa kenda na saa kumi za mu gitondo, bafatirwa mu cyuho hafi y’amazi atemba aho bashakishaga iyo zahabu mu mazi aba aretse cyangwa atemba.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ignace Ngirabakunzi.

Amafoto Taarifa yashoboye kubona arerekana ko ubwo bucukuzi bukorerwa hafi y’imirima abaturage bahingamo icyayi.

Abajijwe aho abo bantu bagurisha ayo mabuye baba bacukuye muri ubwo buryo, IP Ngirabakunzi yavuze ko bikiri mu iperereza.

Icyakora, hari amakuru avuga ko bamwe bayajyana ku birombe bisanzwe bicukura mu buryo bwemewe bakabagurira kuri make.

Amabye bayacukura muri ayo mazi.

Hari n’ababa bafite abantu iyo mirenge bakomokamo babagurira ayo mabuye nabo bakazishakira uko bayageza ku isoko mpuzamahanga.

Birumvikana ko amabuye yafashwe ataragurishwa, ashyikirizwa inzego bireba akajyanwa ahabugenewe.

Polisi y’u Rwanda isaba abaturage kwirinda ubu bucukuzi kuko bugira ingaruka mbi haba ku babukora, imiryango yabo, ibikorwaremezo, ibidukikije n’ahandi.

Abafatiwe mu mukwabo wo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Tariki 08, Kanama, 2025 babaye bafungiwe kuri Station ya Polisi ya Bushoke muri Rulindo.

TAGGED:AmabuyeGicumbiRulindoRwandaUbukunguUmutekanoZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Adolphe Muzito Utavuga Rumwe Na Tshisekedi Yashyizwe Muri Guverinoma Ye
Next Article Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?