Abakora mu rwego rwa peteroli muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko biteguye gufasha Irani kujya ku murongo igihe nikigera abayiyobora muri iki gihe bakava ku butegetsi. Bisobanuye ko imwe mu mpamvu Trump ashyigikiye ko ibintu bihinduka muri iki gihugu ari impamvu za politiki.
Amerika kandi ivuga ko izafasha Irani ikajya ku murongo ku rwego ruruta uko iteganya kubigenza kuri Venezuela, ikindi gihugu Amerika ishakamo umutungo kamere ukomeye.
Perezida w’Ikigo gihagarariye inganda za peteroli muri Amerika (American Petroleum Institute, API), Mike Sommers, yavuze ko imyigaragambyo ikomeje muri Irani ari inkuru nziza ku baturage b’icyo gihugu.
Yagize ati: “Iyi ni inkuru nziza ku baturage ba Irani—barimo guharanira ubwisanzure bwabo.”
Abivuze mu gihe Perezida Donald Trump avugwaho gutekereza ku bizakorwa muri Irani nizihindura imirishyo, ndetse kuri uyu wa Kabiri abinyujije kuri Truth Social yijeje abigaragambya ko azabashyigikira, i Teheran ibintu bigahinduka.
Sommers yabwiye abanyamakuru nyuma y’inama ngarukamwaka ya API yabereye i Washington yitwa State of American Energy ko urwego ayoboye rwiyemeje kuba imbaraga zizatuma ibintu bihinduka mu gihe ubutegetsi bwazaba buvuyeho, hakajyaho ubundi.’
Yakomeje avuga ko Irani ari igihugu gifite akamaro kanini mu bucukuzi bwa peteroli ku rwego rw’isi, aho kuri ubu ari icya gatandatu mu bicukura peteroli nyinshi, kandi ko gishobora kongera umusaruro kurushaho.
Nubwo inganda za peteroli za Irani zagizweho ingaruka zikomeye n’ibihano bya Amerika mu myaka myinshi ishize, ziracyafatwa nk’izifite imiterere ihamye, bitandukanye n’iza Venezuela.
Ku rundi ruhande, Sommers yavuze ko kugira ngo ibigo byongere gusubira gushora imari muri Venezuela, hakenewe icyizere cy’ishoramari rirambye, umutekano mu bikorwa by’ubucukuzi no kubahiriza amategeko—ibintu bisaba igihe kirekire.
Ati: “Nibabona ibyo bintu bitatu by’ingenzi, ntekereza ko ishoramari rizasubira muri Venezuela.”
Mu nama ya API abari bayirimo bashimangiye itandukaniro riri hagati ya Irani na Venezuela, aho ibikorwa remezo bya peteroli bya Venezuela byangiritse cyane kubera kwirengagizwa n’ubutegetsi bwa gisosiyalisiti mu gihe kirekire.
Kevin Book, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ubushakashatsi ku by’ingufu ClearView Energy Partners yabwiye Politico ati: “Irani yashoboye kongera umusaruro wa peteroli nubwo yari iri mu bihano bikomeye kurusha ibindi Amerika ishobora gushyiraho. Tekereza icyo yakora ifashijwe n’ubumenyi bw’ikoranabuhanga bwo mu Burengerazuba, ikaba yasubira ku murongo!”
Bob McNally, wahoze ari umujyanama wa Perezida George W. Bush mu by’umutekano n’ingufu, ubu ukaba ayobora ikigo Rapidan Energy Group gisesengura ibijyanye n’ingufu na politiki mpuzamahanga, yavuze ko amahirwe yo kongera umusaruro wa peteroli muri Irani atandukanye cyane n’aya Venezuela.
Avuga ko Amerika iramutse ikoranye na Irani, byayiha uburryo bwinshi kandi bufatika bwo gucukura no kugurisha petelori kurusha uko byagenda muri Venezuela.
Mu gihe ibintu bimeze gutyo, Sommers yabwiye abanyamakuru ko API irwanya igitekerezo icyo ari cyo cyose cy’uko ubutegetsi bwa Trump bwagira imigabane mu bigo bya peteroli byashora imari muri Venezuela.
Leta ya Amerika imaze gufata imigabane mu bigo bimwe by’imbere mu gihugu mu rwego rwo guteza imbere inzego ifata nk’izifite akamaro ku mutekano n’inyungu z’igihugu, nk’inganda z’ibikoresho bikoreshwa mu gukora mudasobwa na telefoni zigezweho bita ‘semiconductors’ n’amabuye y’agaciro y’ingenzi.
Ikindi kivugwa n’abayobozi b’ibigo bya Amerika bicukura petelori ni uko hakenewe ibisobanuro birambuye ku byo ubutegetsi bushaka gukora bijyanye no gufata imigabane mu kigo cya peteroli cya Leta ya Venezuela (PdVSA), bakanasaba ko nta kigo cya peteroli cya Leta muri Amerika kigomba kujyaho.


