Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikubiye Mu Bufatanye Bwa Polisi Y’U Rwanda N’Iya Malawi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ibikubiye Mu Bufatanye Bwa Polisi Y’U Rwanda N’Iya Malawi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2021 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva muri Werurwe 2019 Polisi y’u Rwanda n’iya Malawi bafitanye amasezerano y’ubufatanye akubiyemo ibijyanye no guhanahana amakuru ku byaha n’abanyabyaha no guhanahana amahugurwa. Ubu ibyo bemeranyijeho bigiye gutangira gushyirwa mu bikorwa.

Gutangira gushyira mu bikorwa ibyo ba Komiseri bakuru ba Polisi zombi bemeranyije, byaganiriweho ndetse bitangazwa mu itangazo ryasohowe kuri uyu Kane tariki 03, Kamena, 2021.

Aba bayobozi batinze ku bijyanye no kurwanya ibyaha  byambukiranya imipaka no gushimangira umutekano muri rusange hibandwa ku kurebera hamwe uko barwanya ibyaha byiganje muri iki gihe harimo iterabwoba, icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu n’ibindi.

Ikindi gikubiye mu byo baganiriye  harimo guhuza ibikorwa mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka ndetse n’imitwe y’iterabwoba ishingiye ku idini ya Islam, gushyiraho ihuriro rihoraho rizajya rihura kenshi bakaganira ku bibazo by’umutekano bibangamiye ibihugu byombi n’akarere.

Biyemeje kandi ko Polisi zombi zigomba  guhanahana amakuru ku byaha n’abanyabyaha harimo abacyekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994  bagahungira muri  Malawi.

Ikirango cya Polisi ya Malawi

Umuyobozi wa Polisi ya Malawi yavuze ko hari bamwe mu bapolisi b’igihugu cye bazajya bahugurwa na Polisi y’u Rwanda.

IGP Dr Kainja yagize ati ” Twabonye mu bihugu bigera muri 14 by’Afrika byohereza ba Ofisiye bakuru kuza kwiga muri iri shuri rikuru ryanyu twebwe tutarimo nyamara nishimiye amasomo ahatangirwa cyane cyane iriya mpamyabumenyi y’ikiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’amahoro no kurwanya amakimbirane, usibye nibyo nabonye bigisha ibijyanye no kuyobora abapolisi mu rwego rwo hejuru.  Mu ishuri rya PTS-Gishari naho twishimiye amasomo ahatangirwa.”

Umuyobozi wa Polisi ya Malawi yashimiye mugenzi w’u Rwanda IGP Dan Munyuza uburyo we n’itsinda ayoboye bakiriwe aboneraho no gutumira mugenzi we kuzasura Malawi.

Kuva tariki ya 30 Gicurasi kugeza kuri uyu wa Kane tariki ya 03 Kamena umuyobozi wa Polisi ya Malawi n’intumwa ayoboye bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.

Basanze Polisi y’u Rwanda hari icyo bayigiraho

Tariki ya 31 Gicurasi bakiriwe n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda ku kicaro cya Polisi ku Kacyiru nyuma yaho aba bashyitsi  basuye ishuri rya Polisi riri i Gishari (PTS-Gishari) mu Karere ka Rwamagana banasura ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) riherereye mu Karere ka Musanze.

TAGGED:featuredKainjaMalawiMunyuzaPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibibi By’Amavuta Atukuza
Next Article Abakinnyi Ba Cricket Ba Uganda Ntibazaza Mu Rwanda Mu Marushwana Yo Kwibuka T 20
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?