Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikubiye Mu Ijambo Kagame Yabwiye Abo Mu ‘Ihuriro Raisina ‘
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ibikubiye Mu Ijambo Kagame Yabwiye Abo Mu ‘Ihuriro Raisina ‘

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2021 6:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Ijambo Perezida Kagame yaraye agejeje ku bagize ihuriro ryitwa Raisina rihuza u Buhinde n’inshuti zabwo, yagarutse ku nkingo bwakoze, avuga k’ubufatanye mu burezi, ikoranabuhanga, ubucuruzi n’ibindi.

Yatangiye ashimira Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi n’abandi bagize itsinda ryo muri ririya huriro bateguye iriya nama.

Yababwiye  ko yari bwishimire kubana nabo imbonankubone, ariko ko bidakunda muri iki gihe kubera gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda Icyorezo COVID-19 kuko ‘kigihari.’

Perezida Kagame yavuze ko COVID-19 yazonze urwego rw’ubuzima ariko igira n’ingaruka ku bufatanye mpuzamahanga.

Yashimye ko u Buhinde ari cyo gihugu cyakoze inkingo nyinshi zohererejwe Afurika binyuze mu bufatanye mpuzamahanga bwiswe COVAX.

Ati: “ Iyo u Buhinde butaza kugira ubushake n’ubushobozi bwo gukora ziriya nkingo no kuzoherereza abandi, birashoboka ko Afurika itari bubone inkingo nk’uko izifite kugeza ubu.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi byerekana ko Afurika n’u Buhinde bigomba gukomeza ubu bufatanye haba mu by’inganda zikora imiti ndetse no mu zindi nzego.

Yavuze ko u Rwanda by’umwihariko ruzakomeza gukorana n’u Buhinde mu nzego zirimo uburezi, ibikorwa remezo, ikoranabuhanga n’izindi.

Ihuriro Ryiswe  Raisina Dialogue ni iki?

Raisina Dialogue (Rāyasīnā Saṃvāda) ni Ihuriro mpuzamahanga rihuza u Buhinde n’ibindi bihugu, ribera mu murwa  mukuru New Delhi.

Ryatangiye muri 2016, rikaba  rihuza abanyapolitiki, intiti muri politiki mpuzamahanga, izo mu bucuruzi no mu zindi nzego kugira ngo baganire uko u Buhinde bwakomeza gukorana neza n’ibihugu bufitanye ubufatanye.

Imitegurire n’imikorere ya ririya huriro bicungwa n’ikigo cy’ubushakashatsi kitwa Observer Research Foundation gikorana na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Buhinde.

Ihuriro Raisina rihuza u Buhinde n’inshuti zabwo

Izina Raisina rifitanye isano n’umusozi Ibiro by’Umukuru w’u Buhinde byubatsweho ndetse n’inyubako Minisiteri zitandukanye z’u Buhinde zubatsweho.

TAGGED:featuredKagameRaisinaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda 140 Baba Muri Zimbabwe Ntibakozwa Ibyo Gutahuka
Next Article Fata Indyo Yubaka Umubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?