Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikubiye Muri Raporo Y’Inzu Zo Kwa Dubai Biteye Inkeke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibikubiye Muri Raporo Y’Inzu Zo Kwa Dubai Biteye Inkeke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2023 1:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mwaka wa 2017 ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire, Rwanda Housing Authority, cyasohoye raporo yabwiraga inzego z’Umujyi wa Kigali n’izindi ko imyubakirwe y’inyubako nyinshi zo guturamo ziswe Urukumbuzi Estate zitari zujuje ubuziranenge.

Inzego zabyimye amatwi kugeza ubwo  zimwe mu nzu z’iriya nyubako zasenyukaga kandi biba bidateye kabiri.

Izi nzu zubatswe ahitwa Kinyinya ni iza rwiyemezamirimo witwa Jean Nsabimana bahimbye Dubai.

Zari zigizwe n’inzu 250 ariko muri Werurwe, 2023 zimwe zatangiye guhirima.

The New Times ivuga ko hari raporo yabonye irimo amakuru y’iperereza yerekanaga ko hari amabwiriza y’ubuziranenge mu myubakire y’inyubako zo guturwamo atarakurikijwe ubwo ziriya nzu zubakwaga.

Ibipimo by’amazi, sima n’umucanga ntibyubahirijwe uko byagombaga cyane cyane ibyerekeranye n’inkingi ziteruye inzu.

Amazi ntiyari yarayobowe neza nk’uko byasabwaga.

Iriya raporo ivuga ko amazi yari yarayobowe mu muhanda kandi bidakwiye.

Si  amazi gusa atari yarahawe umuyoboro, ahubwo n’amashanyarazi ndetse n’uburyo bwo kwita ku myanda ntibyari byarahawe uburyo buboneye bwo kwitabwaho.

Muri raporo yavuzwe haruguru handitsemo ko amatafari atari akomeye kandi akanyagirwa, imitutu igaragara mu nkuta ndetse ngo imbaho z’inzugi ntizari zumye neza bituma zitangira kubyimba kubera ko ibiti bazibajemo bitabanje kumishwa neza.

Raporo ivuga ko ku ikubitiro, abagiye muri ziriya nzu babanje kwizera ko zikomeye ndetse bazijyamo bishimiye igiciro cyazo.

Bidateye kabiri baje gusanga inzu bitaga nziza, ahubwo zari zisondetse bahita basaba ko zavugururwa zikubakwa mu buryo bukomeye.

Hari bimwe byakozwe ariko bya nyirarureshwa. Gusana byatwaye Miliyoni Frw 5.

Inzu zimwe zaravaga, izindi zikagira imiferege isohorera amazi mu muhanda bigatuma anuka.

Nyuma yo kubona ko izo nzu zisondetse, ubuyobozi bwa RHA bwategetse ko kubaka inzu zari zisigaye zitaruzura bihagarikwa.

Bwasabye ko hashakwa abahanga bazi neza kubaka inzu nka ziriya bakaba ari bo bahabwa ako kazi.

Zarubatswe ariko mu kwezi gushize( Werurwe, 2023), zimwe zirongera zirahirima.

Umuyobozi w’agateganyo wa Rwanda Housing Authority witwa Noël Nsanzineza yabwiye The New Times ko abakozi ba RHA baherutse gusubira yo ngo berebe icyaba cyarabiteye hanyuma ‘bazongere’ batange raporo.

TAGGED:featuredInzuRaporoRHA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa Bwashyizeho Amategeko Mashya Yo Kujya Mu Gisirikare
Next Article Bugesera: Abaturage ‘Barasuhutse’ Kubera Inzara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?