Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiro By’Ikinyamakuru IGIHE Byahiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibiro By’Ikinyamakuru IGIHE Byahiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2021 7:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro by’ikinyamakuru IGIHE cyandika kuri internet byafashwe n’inkongi, yangiza ibintu byinshi birimo ibikoresho byo mu biro n’ibindi byifashishwaga mu kazi ka buri munsi.

Ni ibiro biherereye mu igorofa ya kane mu nyubako imenyerewe nko ‘Kwa Ndamage’, mu Mujyi wa Kigali rwagati ahateganye n’iguriro T 2000.

Ishami rya Polisi rizimya inkongi ryahageze rigerageza kuzimya umuriro ariko bibanza kugorana kubera umwotsi mwinshi, kugeza ubwo ryimuye ibikoresho rigatangira kuzimya riturutse ahategerwa imodoka hazwi nka ‘Downtown.’

Umuriro ngo watangiye ahagana saa tatu z’ijoro ryo kuri uyu wa 12 Nzeri, nk’uko ikinyamakuru IGIHE cyabitangaje.

Mu itangazo cyasohoye cyagize kiti “Nta muntu wahakomerekeye cyangwa ngo ahagirire ikindi kibazo. Icyateye iyi nkongi ntikiramenyekana ndetse Polisi yatangiye iperereza ryimbitse.”

Cyijeje ko ibyabaye bitari bukome mu nkokora imirimo isanzwe yo gutara no gutangaza inkuru, n’izindi serivisi icyo kinyamakuru gicuruza.

Amakuru avuga ko igice cyose cy’igorofa ya kane ari nayo ya nyuma kuri iriya nyubako cyahiye kigakongoka.

Byabaye abantu benshi batashye, keretse abakozi bageza mu masaha akuze y’ijoro, ari nacyo cyatumye ibikoresho byarokowe muri iyi nyubako biba bike cyane.

Hari amakuru ko iyi nkongi yatewe n’ikibazo kiyanye n’amashanyarazi, ikaba yaratangiriye mu biro by’umuyobozi mukuru wa IGIHE, iza gukwira mu biro byose.

Ibiro bya IGIHE biherereye mu nyubako yiswe ‘Kwa Ndamage’
TAGGED:featuredGushyaIbiroIgihe.comUmupolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yongeye Kugaba Ibitero Muri Gaza
Next Article Koreya Ya Ruguru Yongeye Kwereka Amerika Ko Igihagaze Bwuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?