Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibirori Rwanda Summer Golf Biragarutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ibirori Rwanda Summer Golf Biragarutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 July 2022 6:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rwagati muri Nyakanga, 2022, i Rwamagana ku kiyaga cya Muhazi hazabera ibirori birimo n’umukino wa Golf biswe Rwanda Summer Golf bikazahuza abakina golf baturutse hirya no hino mu Rwanda.

Kubera ko bizitabirwa n’abantu benshi( abakinnyi, abafana, abakunzi babo n’abandi) bizaba uburyo bwiza bw’abatuye kiriya gice bwo kugemurira ibiribwa abazaba barijemo kugira ngo badasonza.

Bizatuma binjiza amafaranga.

Bimwe mu biribwa bazazanirwa abaje muri ririya rushanwa ni amagi, imbuto, ikawa, icyayi n’ibindi biribwa.

Bizaba umwanya mwiza ku bantu bakunda gutwara ubwato kuko baboneraho kubutwarira mu Kiyaga cya Muhazi, ikiyaga cya mbere mu Rwanda gikora ku turere twinshi.

Abakunda nyamachoma nabo ni uko ntibazabura icyo bashyira mu itama.

Kugira ngo imbeho y’umugoroba itagira uwo yica, hazaba hari n’abahanzi cyangwa abandi bashyushyarugamba.

Italiki yateganyirijwe ibi birori ni taliki 16, Nyakanga, 2022.

Kugera aho bizabera uturutse i Kigali ni urugendo rw’iminota 40.

Falcon Golf & Country Club aho bizabera ni mu Mudugudu wa Nyamabuye, Akagari ka Gati, Umurenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Biteganyijwe ko bizitabirwa n’abantu 2,150.

Bizaba umunsi umwe biangire ariko bisigire abantu benshi agafaranga mu mufuka kandi banidagaduye.

Bizakorwa no muri gahunda ya TemberURwanda.

Ni ngarukamwaka bikaba bierwa inkunga n’ibigo bitandukanye birimo Cimerwa Ciment Ltd Rwanda, ikigo gikora imodoka Volkswagen Rwanda (VW) n’ibindi.

Nyiri ikigo Falcon Golf & Country Club akaba n’umukinnyi wa Golf byahamye witwa Innocent Rutamu yabwiye Taarifa ko ubwo byabaga ku nshuro ebyiri, byari bigoye kubera ingamba zo kwirinda COVID-19 zari zitaroroshywa mu buryo bufatika.

Icyakora kuri iyi nshuro ya gatatu, abantu bazaba bisanzuye kurushaho, bitakiri ngombwa ko benshi cyangwa se bose bambara agapfukamunwa bagahana n’intera.

Yunzemo ko nyuma y’imikino, hazabaho kwidagadura bitinde.

Hari andi makuru akomeye afite!

Rutamu ati: “ Turashaka ko bizagera n’i Kigali kugira ngo abakinnyi ba Golf b’aho nabo babone uko bakina iri rushanwa banidagadure.”

Avuga ko afite icyizere ko mu gihe kiri imbere kitarambiranye, bizajya bimara Icyumweru, hagakorerwamo n’iserukiramuco( festival) abantu bakungurana ibitekerezo kuri  Golf no ku yindi mico n’imibereho bamwe barusha abandi.

Bizaba  ku nshuro ya gatatu
Ahari ikibuga cya Golf ni ahantu hatuje kandi hatoshye
Uba ureba ikiyaga cya Muhazi, inyange zitamba hafi aho
Muhazi izuba rirenga
Ni izuba rya kiberinka
TAGGED:GolfRutamuRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen. Makenga Arategura Gufata Kinshasa
Next Article Imbaraga Za Gitifu W’Akagari Ziruta Iza Jenerali Ugatuyemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ese APR FC Iri Ku Rwego Rwo Gukina N’Amakipe Nka Pyramids FC?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?