Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibisasu Bibiri Byaturikiye i Kampala Bikomeretsa Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibisasu Bibiri Byaturikiye i Kampala Bikomeretsa Benshi

Last updated: 16 November 2021 12:44 pm
Share
SHARE

Ibisasu bibiri byaturikiye mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, abantu benshi barakomereka ku buryo hari ubwoba ko n’abapfa bashobora kuza kuba benshi.

Igisasu kimwe cyaturikiye hafi y’irembo ryinjira mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ya Uganda, ikindi giturikira hafi ya sitasiyo ya Polisi yo mu mujyi wa Kampala.

Ni iturika ryabereye hafi y’inyubako zikoreramo ibiro by’inzego za leta cyangwa ibigo bikomeye nk’amabanki.

Amakuru yemeza ko hari abaguye muri ibyo bitero abandi benshi bagakomereka, nubwo nta mibare iratangazwa n’inzego zibishinzwe.

Polisi hamwe n’abatabazi ba Croix Rouge bahise batabara, amafoto aberekana barimo kwita ku nkomere nyinshi n’abantu bigaragara ko bashizemo umwuka.

Umuyobozi wungirije w’Ibitaro bya Mulago Dr Rosemary Byanyima, yabwiye abanyamakuru ko benshi mu bakomeretse ari abapolisi.

Ati “Kugeza ubu tumaze kwakira abantu 27 bakomerekejwe n’igisasu cyaturitse muri iki gitondo. Barindwi muri bo bararembye mu gihe abandi 20 bidakomeye. Barindwi muri bo ni abagore abandi basigaye ni abagabo kandi benshi muri bo ni abapolisi. Nta n’umwe mu barwayi twakiriye wari witaba Imana.”

Inteko ishinga amategeko ya Uganda yahise ihagarika ibikorwa byose uyu munsi mu gihe hagitangwa ubutabazi, ari nako hakorwa iperereza ku byabaye.

Mu cyumweru gishize umuvugizi wa Polisi ya Uganda CP Fred Enanga yatangake ko baryamiye amajanja ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi, bavugaga ko birimo gutegurwa n’ishyaka NUP ariko riza kubyamagana.

Uganda imaze igihe igabwaho ibisasu byagiye bihitana abantu batandukanye, bigakekwa ko bifitanye isano n’umutwe wa ADF.

Mu kwezi gushize igisasu cyatezwe mu kabari cyahitanye umuntu umwe gikomeretsa abandi batatu, nyuma ikindi kiza gutegwa mu modoka itwara abagenzi, gihitana umuntu wari ugifite. Ni ibikorwa byiswe iby’iterabwoba.

Igitero gikomeye giheruka mu 2010 ubwo abantu 74 bicwaga n’umutwe wa Al-Shabaab, ubwo barebaga igikombe cy’isi.

Ibi bisasu byaturikiye ahahurira abantu benshi
Bamwe mu bakomeretse bajyanywe mu Bitaro bya Mulago
TAGGED:featuredIbiteroigisasuIterabwobaKampalaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mango Telecom Irashinjwa Kwirukana Umukozi Azira Ko ‘Atwite’
Next Article Hagiye Gushyirwaho Ikigega Nyafurika Giteza Imbere Ubuhinzi Bw’Ikawa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

Amashereka: Ikinyobwa Cyaremwe Mu Rukundo

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Trump Ntarashirwa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Itegeko Ku Makosa Yo Mu Muhanda Riraremereye Cyane-Umunyamategeko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Amafoto: Abaturage Ba Ngoma Bishwe N’Inkuba Bashyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Umusaruro W’Ibihingwa Wagenze Mu Gihembwe Cya Nyuma Cya 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Touadéra Yongeye Gutsinda Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?