Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibisasu Bibiri Byaturikiye i Kampala Bikomeretsa Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibisasu Bibiri Byaturikiye i Kampala Bikomeretsa Benshi

admin
Last updated: 16 November 2021 12:44 pm
admin
Share
SHARE

Ibisasu bibiri byaturikiye mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, abantu benshi barakomereka ku buryo hari ubwoba ko n’abapfa bashobora kuza kuba benshi.

Igisasu kimwe cyaturikiye hafi y’irembo ryinjira mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ya Uganda, ikindi giturikira hafi ya sitasiyo ya Polisi yo mu mujyi wa Kampala.

Ni iturika ryabereye hafi y’inyubako zikoreramo ibiro by’inzego za leta cyangwa ibigo bikomeye nk’amabanki.

Amakuru yemeza ko hari abaguye muri ibyo bitero abandi benshi bagakomereka, nubwo nta mibare iratangazwa n’inzego zibishinzwe.

Polisi hamwe n’abatabazi ba Croix Rouge bahise batabara, amafoto aberekana barimo kwita ku nkomere nyinshi n’abantu bigaragara ko bashizemo umwuka.

Umuyobozi wungirije w’Ibitaro bya Mulago Dr Rosemary Byanyima, yabwiye abanyamakuru ko benshi mu bakomeretse ari abapolisi.

Ati “Kugeza ubu tumaze kwakira abantu 27 bakomerekejwe n’igisasu cyaturitse muri iki gitondo. Barindwi muri bo bararembye mu gihe abandi 20 bidakomeye. Barindwi muri bo ni abagore abandi basigaye ni abagabo kandi benshi muri bo ni abapolisi. Nta n’umwe mu barwayi twakiriye wari witaba Imana.”

Inteko ishinga amategeko ya Uganda yahise ihagarika ibikorwa byose uyu munsi mu gihe hagitangwa ubutabazi, ari nako hakorwa iperereza ku byabaye.

Mu cyumweru gishize umuvugizi wa Polisi ya Uganda CP Fred Enanga yatangake ko baryamiye amajanja ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi, bavugaga ko birimo gutegurwa n’ishyaka NUP ariko riza kubyamagana.

Uganda imaze igihe igabwaho ibisasu byagiye bihitana abantu batandukanye, bigakekwa ko bifitanye isano n’umutwe wa ADF.

Mu kwezi gushize igisasu cyatezwe mu kabari cyahitanye umuntu umwe gikomeretsa abandi batatu, nyuma ikindi kiza gutegwa mu modoka itwara abagenzi, gihitana umuntu wari ugifite. Ni ibikorwa byiswe iby’iterabwoba.

Igitero gikomeye giheruka mu 2010 ubwo abantu 74 bicwaga n’umutwe wa Al-Shabaab, ubwo barebaga igikombe cy’isi.

Ibi bisasu byaturikiye ahahurira abantu benshi
Bamwe mu bakomeretse bajyanywe mu Bitaro bya Mulago
TAGGED:featuredIbiteroigisasuIterabwobaKampalaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mango Telecom Irashinjwa Kwirukana Umukozi Azira Ko ‘Atwite’
Next Article Hagiye Gushyirwaho Ikigega Nyafurika Giteza Imbere Ubuhinzi Bw’Ikawa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?