Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibisasu Byaturikiye i Kampala Byishe Umupolisi Umwe, Bikomeretsa Bagenzi Be 27
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibisasu Byaturikiye i Kampala Byishe Umupolisi Umwe, Bikomeretsa Bagenzi Be 27

admin
Last updated: 17 November 2021 7:05 pm
admin
Share
SHARE

Polisi ya Uganda yemeje ko abantu batatu bishwe n’ibisasu byaturikiye mu murwa mukuru Kampala kuri uyu wa Kabiri harimo umupolisi umwe, mu gihe imibare y’abakomeretse yazamutse ikagera ku bantu 37, barimo abapolisi 27.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, CP Fred Enanga, kuri uyu wa Gatatu yabwiye abanyamakuru ko abantu batatu bapfuye harimo Police Constable Amos Kungu n’abasivili Basibe Ismail na Christopher Sande.

Yagize ati “Turashaka kwizeza imiryango y’abitabye Imana ko abagize uruhare muri biriya bikorwa by’iterabwoba bazabiryozwa. Nubwo abagabye biriya bitero by’ubwiyahuzi babiguyemo, tuzi neza ko bafite ababatera inkunga, abo bakorana mu mahugurwa no mu kubaha inshingano muri ibyo bikorwa byo kumena amaraso.”

“Ikindi twamenye ko abantu 37 ari bo bakomeretse, barimo abapolisi 27 n’abasivili 10. Ndetse turashaka kubwira abaturage ko muri abo 37, abantu 24 bamaze gusezererwa mu bitaro, ubu hari abasivili batanu muri babandi icumi n’abapolisi umunani, nibo bakiri mu bitaro. Ni ukuvuga ko abakiri mu bitaro ari abantu 13.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ibitero byabaye bikurikirana kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2021, kuko icya mbere cyabaye ahagana saa 10:03′ z’i Kampala – saa 09:03′ ku isaha y’i Kigali – ikindi kiba nyuma y’iminota itatu gusa.

Igitero cya mbere cyagabwe hafi y’aho basakira abantu binjira muri sitasiyo ya Polisi ya Kampala (Central Police Station).

CP Enanga yagize ati “Ubwo twasuzumaga amashusho yafashwe na camera nyuma ya kiriya gitero, agaragaza neza uburyo umugabo wambaye ikoti ry’umukara uhetse igikapu mu mugongo yaturikije igisasu yari afite, gihita kimuhitana.”

Ibisate by’igisasu ngo byageze muri metero 30 uvuye aho cyaturikiye.

Nyuma y’iminota itatu gusa, saa 10:06 ikindi gisasu cyahise giturikira ku muhanda ugana mu Nteko ishinga amategeko, imbere y’inyubako ikoreramo Jubilee Insurance.

- Advertisement -

CP Enanga yakomeje ati “Abiyahuzi babiri bitwaje ibisasu bagaragaye bari kuri moto ebyiri bigize nk’abamotari. Baturikije ibisasu bari bafite bihita bibahitana.”

Ni ibitero byiswe iby’iby’iterabwoba, bikekwa ko byagabwe n’umutwe wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulik ya Demokarasi ya Congo ariko ukagira n’abantu benshi bakorana bari imbere mu gihugu.

TAGGED:ADFfeaturedFred EnangaIbiteroIterabwobaPolisi ya Uganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burundi Bwasoje Iperereza Ku Barwanyi 19 Bwashyikirijwe n‘u Rwanda
Next Article Abaturarwanda 548 Bamaze Kwicwa n’Impanuka Muri Uyu Mwaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?