Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitaro Byakira Abarwaye COVID-19 Muri Uganda Byuzuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Mu mahanga

Ibitaro Byakira Abarwaye COVID-19 Muri Uganda Byuzuye

Last updated: 21 June 2021 8:53 am
Share
SHARE

Uganda ikomeje kugira umubare munini w’abanduye Covid-19, ku buryo ibitaro byinshi byakirirwamo abarwayi byamaze kuzura. Guverinoma yitabaje guma mu rugo y’iminsi 42 nk’uburyo bwa nyuma bwafasha mu guhagarika ubwandu bushya. 

Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni mu bijyanye n’ibyorezo, Dr Monica Musenero, yavuze ko ubwandu bumaze gukwirakwira, ku buryo hari agace ushobora kugeramo watoranya abantu batanu mu buryo bwo gutomboza, wabapima ugasanga babiri cyangwa hejuru yabo banduye Coronavirus. Yari mu kiganiro na Daily Monitor.

Ati “Ibitaro byenda kuzura kandi nibyo byinshi, ubu biragoye ko umuntu yapfa kubona umwuka [wongererwa indembe] cyangwa umuvuduko akeneye w’umwuka.”

“Ibitaro byinshi byigenga byamaze kuzura, ibya Mulago byafunguye etaje ya nyuma kandi ndahamya ko nayo yenda kuzura, Namboole irimo kuzura mu buryo bwihuse kandi ifite ahantu hake hashobora gutanga umwuka.”

Yavuze ko iyo bigeze aho umurwayi uri mu bitaro adashobora kubona ubutabazi bwihuse abantu benshi batangira kuremba cyane no gupfa.

Ibyo bikongererwa ubukana nuko abarwayi bagana ibitaro ari benshi, kandi uwinjiyemo amaramo iminsi hagati ya 15 na 30.

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda kuri iki Cyumweru yatangaje ko mu bipimo 9066 byafashwe ku wa 18 Kamena 2021 habonetsemo abanduye 1367, barimo 838 bo mu murwa mukuru Kampala. Bivuze ko igipimo cy’abanduye ari 15.1%.

Uretse abanduye bashya, abapfuye bari 34, bituma abamaze guhitanwa n’iki cyorezo baba 660.

Dr Musenero yavuze ko ikibazo cya COVID-19 muri Uganda kirimo gukomezwa no kuba yarihinduranyije, mu gihe mbere yazahazaga abantu bakuze, ubu n’abato ntabwo borohewe kandi nibo barimo kwandura cyane.

Ibyo bikiyongeraho ko mu gihe mu mezi ashize ubwandu bwagabanyukaga, horohejwe amabwiriza yagenderwagaho maze abantu bamwe bakirara, bibwira ko ahari COVID-19 yarangiye.

Uburwayi bwaje kwiyongera cyane cyane mu bantu bakorera mu biro ahantu hafunganye, kimwe no mu mashuri. Ikibabaje ngo ni uko ibigo bimwe byabanje guhishira ubwandu.

Yakomeje ati “Amashuri ntabwo yashakaga ko amenyekana bityo agahishira imibare y’ubwandu, ku buryo ubwagaragaye bwatahuwe mu bisa n’impanuka. Mwishywa wanjye yari apfiriye ku ishuri ry’ababyaza. Noherejeho umuvandimwe kureba, ubuyobozi bwanga kumvugisha. Ntabwo bwashakaga gupimisha.”

“Hari abana benshi bari barwariye ku mashuri, twarababonye benshi cyane. Muri make twatunguwe n’urwego rw’ubwandu twasanze mu mashuri. Hari inkuru z’ababyeyi bagiye basanga abana babo barimo kongererwa umwuka kandi amashuri atarabwiye.”

Mu gihe inkingo za COVID-19 zikomeje gutangwa hirya no hino nk’uburyo bwizewe mu guhangana n’iki cyorezo, muri Uganda ho ntabwo ibintu birimo kugenda uko byatekerezwaga.

Iki gihugu giheruka kubona inkingo 964,000 za AstraZeneca zabonetse muri gahunda mpuzamahanga yo gufasha ibihugu kubona inkingo za Coronavirus, COVAX.

Dr Musenero yavuze ko abo zari zigenewe ku ikubitiro banze kuzifata. Barimo abaganga, abarimu, abakora mu nzego z’umutekano n’abari mu byiciro bifite ibyago byinshi byo kuzahazwa nayo.

Ati “Mu ntangiro za Gicurasi twari dufite abantu bake cyane bemeraga kwikingiza, nyamara inkingo ziba zifite igihe zitagomba kurenza. Minisiteri y’Ubuzima yafashe icyemezo cyo kudapfusha ubusa inkingo, ahubwo igakingira ibindi byiciro.”

“Ariko ntitwari dusigaranye igihe gihagije mbere y’uko zitakaza agaciro, bityo buri muntu twamuhaye urukingo rumwe nubwo yari akeneye ebyiri, kandi igihe gikenewe hagati y’urukingo rwa mbere n’urwa kabiri ni ibyumweru hagati ya 8 na 12, ubundi ni 12. Uko utinda gufata urundi nibyo byiza kurushaho.”

Yavuze ko bakomeje gukora ibishoboka ngo bakingire abantu benshi. Uganda iheruka kwakira izindi nkingo 175,200 za AstraZeneca.

Dr Musenero yavuze ko Uganda irimo no kugerageza inkingo zayo yikoreye. Magingo aya harimo gukorwa eshatu, ebyiri zirakataje kuko zirimo kugeragerezwa ku nyamaswa.

Abamaze kwandura bose hamwe muri Uganda ni 71,543, hamaze gukira 49,532. Mu bagifite ubwandu, 1026 bararembye.

TAGGED:COVID-19featuredUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi W’U Rwanda Muri Ghana Yasabye Abayituye ‘Kurushaho’ Gukunda Ubukerarugendo
Next Article Ibimenyetso Bivanwa Ku Mubiri W’Umuntu Bifasha Iki Ubugenzacyaha?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?