Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IBUKA Ifite Ubuyobozi Bushya Ku Rwego Rw’Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

IBUKA Ifite Ubuyobozi Bushya Ku Rwego Rw’Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 November 2022 12:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuryango uhuza indi miryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994  witwa IBUKA, waraye utoye Komite nyobozi isimbura icyuye igihe.

Perezida mushya wa IBUKA ni Dr. Gakwenzire Philbert, akaba yungirijwe n’abayobozi babiri ari bo Visi Perezida witwa Momonfort Majyambere, ndetse na Visi Perezida wa Kabiri witwa Christine Kagoyire.

Umunyamabanga wa IBUKA ni Eng Irene Niyitanga  n’aho ushinzwe imibereho myiza ni Dr. Martha Mukaminega.

Muri iyo Komite nshya, uwatorewe itangazamakuru ni Lyliane Karekezi , ushinzwe ibikorwa byo kwibuka ni Spéciose Nyirabahire mu gihe ushinzwe ubukungu ari Evode Ndatsikira.

Egide Nkuranga wari usanzwe uri Perezida wa IBUKA ku rwego rw’igihugu yabwiye Taarifa ko yishimira ko we na Komite ye bakoze uko bashoboye ngo bazamure urwego rw’imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Avuga ko bakoze ubuvugizi mu nzego zitandukanye harimo kubakira abarokotse inzu zikomeye n’ubwo hari izindi izindi zishaje zigikeneye gusanwa.

Egide Nkuranga

Ikindi avuga ni uko mu rwego kandi rwo gufasha abanyamuryango gukomeza kwisana, IBUKA yakoranye n’izindi nzego zirimo n’iz’ubuzima mu gusana imitima y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ariko akavuga ko hari ikibazo gikomeye kitaracyemuka.

Icyo kibazo ngo ni abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakibana n’ihungabana ndetse n’indwara y’agahinda gakomeye kandi ngo bamwe baherererekanya n’abo bibarutse.

Ngo abageze mu zabukuru bahuye n’akaga katewe na Jenoside muri iki gihe barerura bakavuga ibyababayeho bakabibwira abana babo bigatuma nabo bahungabana.

Iki ngo ni ikibazo gikomeye kigomba gukomeza kuvugutirwa umuti.

Perezida mushya wa IBUKA ni Dr. Gakwenzire Philbert
TAGGED:AbatutsifeaturedIBUKAJenosideNkuranga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FPR- Inkotanyi Igiye Kubaka Ingoro Igezweho Mu Burasirazuba
Next Article Jacob Zuma Yasabiwe Gusubira Muri Gereza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?