Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibya Kanye West Bikomeje Kuba Bibi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ibya Kanye West Bikomeje Kuba Bibi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2022 4:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gutandukana n’umugore we Kim Kardashian, uwo akundanye nawe nyuma ye ntibitere kabiri, ubu umuraperi Kanye West yatakaje umufatanyabikorwa w’imena. Ni banki ya mbere ikomeye muri Amerika yitwa JP Morgan Chase.

Ubuyobozi bw’iyi banki bwatangaje ko imigabane ya Kanye West yose ivanywe muri iriya banki.

Ni ingaruka z’amagambo aherutse gutangaza akarakaza Abayahudi benshi haba muri Israel no muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Nyuma y’amagambo yatangaje kuri Instagram no kuri Twitter, ubuyobozi bw’ibi bigo byahise butangaza inkuta z’uyu muraperi yari asanzwe atangarizaho gahunda ze zibaye zifunzwe.

Kanye West aherutse no guhindura izina rye yiyita Ye.

Hari mu rwego rwo guteza imbere imyambaro akora irimo n’inkweto yise Yeezy.

Ibaruwa ihagarika imikoranire hagati y’iriya banki na Kanye West yatangarijwe kuri Twitter n’umwe mu bakoresha uru rubuga.

Icyakora BBC yasanze ibaruwa ihagarika imikoranire hagati ya West n’iriya banki yaranditswe mbere ya rwaserera zatewe n’ibyo uwahoze ari umugabo wa Kim Kardashian aherutse gutangaza ku Bayahudi.

Iriya baruwa yasinywe taliki 20, Nzeri ariko itangazwa taliki 13, Ukwakira, 2022.

Iriya baruwa yasabye Kanye West ko agomba kuba yarangije kwimura umutungo we akawuvana muri iriya banki bitarenze taliki 21, Ugushyingo, 2022.

Bivugwa ko mu minsi ishize uyu muhanzi yigeze kuvuga ko ubuyobozi bw’iriya banki budacisha ibintu mu mujyo.

BBC ivuga ko ikigo gikora inkweto n’imyenda ya sports kitwa Adidas nacyo giherutse gutangaza ko kiri kureba uko cyahagarika imikoranire yacyo na Kanye West nyuma y’uko agaragaye yambaye umupira wanditseho ngo “White Lives Matter”  bikarakaza Abirabura kubera ko bashinja Abazungu kubakorera urugomo rurimo no kubica babaziza ubusa.

TAGGED:AmerikaBankiInkwetoKanyeWest
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Ikeneye Urubyiruko Rufite Ubuzima Buzira Umuze- Jeannette Kagame
Next Article U Rwanda Rwashinjwe Kwiba Ingagi Za DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?