Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibya Kanye West Bikomeje Kuba Bibi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ibya Kanye West Bikomeje Kuba Bibi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2022 4:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gutandukana n’umugore we Kim Kardashian, uwo akundanye nawe nyuma ye ntibitere kabiri, ubu umuraperi Kanye West yatakaje umufatanyabikorwa w’imena. Ni banki ya mbere ikomeye muri Amerika yitwa JP Morgan Chase.

Ubuyobozi bw’iyi banki bwatangaje ko imigabane ya Kanye West yose ivanywe muri iriya banki.

Ni ingaruka z’amagambo aherutse gutangaza akarakaza Abayahudi benshi haba muri Israel no muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Nyuma y’amagambo yatangaje kuri Instagram no kuri Twitter, ubuyobozi bw’ibi bigo byahise butangaza inkuta z’uyu muraperi yari asanzwe atangarizaho gahunda ze zibaye zifunzwe.

Kanye West aherutse no guhindura izina rye yiyita Ye.

Hari mu rwego rwo guteza imbere imyambaro akora irimo n’inkweto yise Yeezy.

Ibaruwa ihagarika imikoranire hagati y’iriya banki na Kanye West yatangarijwe kuri Twitter n’umwe mu bakoresha uru rubuga.

Icyakora BBC yasanze ibaruwa ihagarika imikoranire hagati ya West n’iriya banki yaranditswe mbere ya rwaserera zatewe n’ibyo uwahoze ari umugabo wa Kim Kardashian aherutse gutangaza ku Bayahudi.

Iriya baruwa yasinywe taliki 20, Nzeri ariko itangazwa taliki 13, Ukwakira, 2022.

Iriya baruwa yasabye Kanye West ko agomba kuba yarangije kwimura umutungo we akawuvana muri iriya banki bitarenze taliki 21, Ugushyingo, 2022.

Bivugwa ko mu minsi ishize uyu muhanzi yigeze kuvuga ko ubuyobozi bw’iriya banki budacisha ibintu mu mujyo.

BBC ivuga ko ikigo gikora inkweto n’imyenda ya sports kitwa Adidas nacyo giherutse gutangaza ko kiri kureba uko cyahagarika imikoranire yacyo na Kanye West nyuma y’uko agaragaye yambaye umupira wanditseho ngo “White Lives Matter”  bikarakaza Abirabura kubera ko bashinja Abazungu kubakorera urugomo rurimo no kubica babaziza ubusa.

TAGGED:AmerikaBankiInkwetoKanyeWest
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Ikeneye Urubyiruko Rufite Ubuzima Buzira Umuze- Jeannette Kagame
Next Article U Rwanda Rwashinjwe Kwiba Ingagi Za DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?