Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Abanyarwanda Bazakumbura Kuri CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyo Abanyarwanda Bazakumbura Kuri CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 August 2023 2:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 29, Ukwakira, 2018 nibwo Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera yatangiye imirimo mishya yo kuba umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda. Yari asimbuye ACP Theos Badege wakomereje akazi muri Polisi mpuzamahanga ifite icyicaro i Paris mu Bufaransa.

CP John Bosco Kabera akigera mu nshingano nshya, yahise amenyekana mu itangazamakuru kubera ko yatangiye kwakira abanyamakuru abaha ibiganiro byibanda ku iraswa  ry’abajura, ibibazo byari biri muri Koperative z’abamotari barimo n’abakoraga batagira ibyangombwa.

Mu mwaka wa 2018 nibwo hari ikibazo cyo kwimura abaturage mu manegeka, iki nacyo kikaba ari ikibazo Umuvugizi wa Polisi CP Kabera yagombaga kugira icyo avugaho nk’umuntu uvugira urwego rushinzwe kureba uko amategeko n’amabwiriza bishyirwa mu buryo.

Yitabiriye ikiganiro MINALOC, Umujyi wa Kigali na Polisi bahereye abanyamakuru mu nzu mberabyombi y’Umujyi wa Kigali.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu mwaka wa 2019 nawo yakozemo byinshi ariko wo waje kurangira neza ariko uhita uhereza undi wa 2020 wari uw’ibibazo gusa gusa…

COVID-19 yatangiranye nawo, Guverinoma ihita itegeka ko nta Munyarwanda uva mu rugo.

Abanyarwanda ntibazibagirwa uburyo CP John Bosco Kabera yasomye kuri Radio na Televiziyo uko ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri byategekaga ko abantu baguma  mu rugo.

Hari abantu bari baramwise ‘ GUMA MU RUGO’.

CP Kabera yigeze kubwira kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko nta kundi yari bubigenze kuko yagombaga kuvuga icyo amabwiriza avuga ‘atabiciye ku ruhande’.

- Advertisement -

Guhera muri uwo mwaka kugeza ubwo ibintu byasubiraga mu buryo, CP John Bosco Kabera yakomeje gushikama, abwira buri wese warebwaga n’amabwiriza yabaga yafashwe icyo yagombaga gukora.

Nyuma ya Guma mu rugo, CP John Bosco Kabera yagaragaye cyane muri gahunda ya Polisi yiswe Gerayo Amahoro.

Ubwe yagiye muri gare, ajya mu Kiliziya, mu nsengero no mu misigiti asobanurira abaturage amabwiriza yo gukurikiza amategeko agenga umuhanda.

Ku byerekeye gukurikiza amabwiriza agenga umuhanda, hari abazibuka impaka yigeze kugirana n’umunyamakuru KNC ku ngingo y’amande yacibwaga abantu bagenderaga ku muvuduko wa 40 ku isaha.

Iki cyemezo cyaje kuvaho ubwo Perezida Kagame yagikomozagaho, ubwo yavugaga ko uwo muvuduko ari muto k’uburyo n’umunyamaguru yawugenderaho.

Itangazo ryaturutse mu buyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda ryatangaje ko CP John Bosco Kabera agiye kuyobora ishami rya Polisi rishinzwe ibigo birindira abandi umutekano.

Yasimbuwe na Assistant Commissioner of Police(ACP) Boniface Rutikanga wari usanzwe umwungirije mu nshingano zo kuvugira Polisi y’u Rwanda.

Haburaga amezi abiri ngo huzure imyaka itanu CP John Bosco Kabera ari umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda.

Ubusanzwe CP John Bosco Kabera ni umuhanga mu by’ubuyobozi, akaba abifitiye impamyabumenyi ihanitse.

Ni ubuhanga afite mu byo bita Public Administration.

Uretse kuba yari asanzwe ari umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera asanzwe aba mu Nama y’Ubutegetsi ya Zigama CSS.

Yahuguwe muri byinshi bijyanye n’akazi ke k’ubuyobozi kandi yongera ubumenyi mu by’ubutasi no gukoma imbere ibikorwa bya ba maneko( counter intelligence) mu cyahoze ari Gendarmerie n’ibindi.

Afite ubumenyi mu bikorwa byo kugarura amahoro.

Yayoboye ubutasi bwa gisirikare mu ngabo z’u Rwanda(G2) hagati y’umwaka wa 1999 n’umwaka wa 2001.

CP Kabera kandi yigeze kuyobora itsinda rishinzwe gukusanya amakuru y’ibibera ku rugamba, iryo tsinda ryitwa Combat intelligence.

Muri Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano zitandukanye zirimo kuyobora ishami rishinzwe abakozi n’ibikorwa( hagati ya Kamena, 2010 kugeza Nyakanga, 2012), ashingwa ubufatanye n’amahanga( hagati ya Ugushyingo 2-13 na Mata, 2014), ayobora n’ishami ry’ikoranabuhanga n’itumanaho( hagati ya Mata, 2014 na Kamena, 2015.

ACP Boniface Rutikanga wamusimbuye nawe yakoze igihe kirekire mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye byo kugarura amahoro ku isi.

ACP Boniface Rutikanga

Kuva Polisi y’u Rwanda yashingwa, imaze kugira abavugizi batanu:

Abo ni ACP Tony Kulamba, ACP Celestin Twahirwa, ACP Theos Badege, CP John Bosco Kabera na ACP Boniface Rutikanga.

Kabera niwe wanyine wavugiye Polisi afite ipeti rya CP( Commissioner of Police).

Amafoto y’ababaye abavugizi ba Polisi y’u Rwanda:

ACP Tony Kulamba

Kulamba

2.ACP Celestin Twahirwa

Twahirwa

3.ACP Theos Badege

ACP Theos Badege
CP John Bosco Kabera

ACP Boniface Rutikanga

ACP Boniface Rutikanga
TAGGED:BonifacefeaturedGerayo AmahoroKaberaPolisiRutikanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyororo Cy’Inkwavu Mu Rwanda Kigiye Kuvugururwa
Next Article Pasiteri W’i Rulindo Yakubitiye Umukecuru Mu Rusengero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?