Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Umuraperi Jay Polly Yazize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Icyo Umuraperi Jay Polly Yazize

admin
Last updated: 02 September 2021 8:54 am
admin
Share
SHARE

Umuraperi Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly ashobora kuba yazize uruvange rw’ibintu birimo alcool ikoreshwa biyogoshesha, amazi ashyushye n’isukari byavanzwe n’abo bafunganywe maze akabinywa, nk’uko amakuru agera kuri Taarifa abyemeza.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo hamenyekanye ko Jay Polly yitabye Imana azize uburwayi, aho yaguye mu bitaro bya Muhima.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Nzeri 2021 nibwo ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ubuyobozi bwa gereza ngo bwamenye ko Jay Polly wari ufungiye muri gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere, arembye, aho yafashwe aruka.

Yahise ajyanwa ku ivuriro rya gereza, abaganga batangira kumwitaho bigeze mu ma saa mbiri n’igice z’ijoro aza koroherwa, asubizwa muri Gereza.

Amakuru avuga ko “Ahagana saa munani z’ijoro abafungwa bagenzi be baje kuvuga ko yongeye kuremba, nibwo yahise ajyanwa ku bitaro bya Muhima abaganga baho bagerageza gukora ibishoboka ariko biranga aho yaje kwitaba Imana mu rukerera ahagana saa kumi n’igice.”

Ubuyobozi bwa gereza bwatangiye gukurikirana icyabiteye.

Nibwo haje kuboneka amakuru ko Jay Polly na bagenzi be babiri aribo Harerimana Gilbert na Iyamuremye Jean Clement basasangiye uruvange rw’ibintu by’ibikorano nk’uko amakuru abivuga.

Byari bigizwe na Alcool ikoreshwa biyogoshesha, amazi ashyushye n’isukari, byavanzwe n’uwitwa Harerimana akaba anabyiyemerera ko ariwe wabikoze.

Jay Polly ni we witabye Imana, abandi ni bazima.

Jay Polly w’imyaka 33 yari afunzwe by’agateganyo akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.

Icyemezo kimufunga by’agateganyo cyashingiye ku busabe bw’Ubushinjacyaha, bwifashishije raporo ya muganga yagaragaraje ko mu maraso ye na bagenzi be bareganwaga hasanzwemo igipimo kinini cy’ikiyobyabwenge cy’urumogi.

Ni umwe mu bashoboye kwegukana irushanwa ryari rikomeye rya Primus Guma Guma Superstar (PGGSS), ubwo ryabaga ku nshuro ya kane ku wa 30 Nyakanga 2014.

TAGGED:featuredJay PollyMageragere
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi Jay Polly Yitabye Imana
Next Article Guma Mu Rugo Yakuweho Mu Mirenge Yari Isigaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?