Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Umuraperi Jay Polly Yazize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Icyo Umuraperi Jay Polly Yazize

Last updated: 02 September 2021 8:54 am
Share
SHARE

Umuraperi Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly ashobora kuba yazize uruvange rw’ibintu birimo alcool ikoreshwa biyogoshesha, amazi ashyushye n’isukari byavanzwe n’abo bafunganywe maze akabinywa, nk’uko amakuru agera kuri Taarifa abyemeza.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo hamenyekanye ko Jay Polly yitabye Imana azize uburwayi, aho yaguye mu bitaro bya Muhima.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Nzeri 2021 nibwo ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ubuyobozi bwa gereza ngo bwamenye ko Jay Polly wari ufungiye muri gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere, arembye, aho yafashwe aruka.

Yahise ajyanwa ku ivuriro rya gereza, abaganga batangira kumwitaho bigeze mu ma saa mbiri n’igice z’ijoro aza koroherwa, asubizwa muri Gereza.

Amakuru avuga ko “Ahagana saa munani z’ijoro abafungwa bagenzi be baje kuvuga ko yongeye kuremba, nibwo yahise ajyanwa ku bitaro bya Muhima abaganga baho bagerageza gukora ibishoboka ariko biranga aho yaje kwitaba Imana mu rukerera ahagana saa kumi n’igice.”

Ubuyobozi bwa gereza bwatangiye gukurikirana icyabiteye.

Nibwo haje kuboneka amakuru ko Jay Polly na bagenzi be babiri aribo Harerimana Gilbert na Iyamuremye Jean Clement basasangiye uruvange rw’ibintu by’ibikorano nk’uko amakuru abivuga.

Byari bigizwe na Alcool ikoreshwa biyogoshesha, amazi ashyushye n’isukari, byavanzwe n’uwitwa Harerimana akaba anabyiyemerera ko ariwe wabikoze.

Jay Polly ni we witabye Imana, abandi ni bazima.

Jay Polly w’imyaka 33 yari afunzwe by’agateganyo akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.

Icyemezo kimufunga by’agateganyo cyashingiye ku busabe bw’Ubushinjacyaha, bwifashishije raporo ya muganga yagaragaraje ko mu maraso ye na bagenzi be bareganwaga hasanzwemo igipimo kinini cy’ikiyobyabwenge cy’urumogi.

Ni umwe mu bashoboye kwegukana irushanwa ryari rikomeye rya Primus Guma Guma Superstar (PGGSS), ubwo ryabaga ku nshuro ya kane ku wa 30 Nyakanga 2014.

TAGGED:featuredJay PollyMageragere
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi Jay Polly Yitabye Imana
Next Article Guma Mu Rugo Yakuweho Mu Mirenge Yari Isigaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?