Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyamamare Kawhi Perezida Kagame Yemereye Kuba Mu Rwanda Ni Muntu Ki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImikinoMu Rwanda

Icyamamare Kawhi Perezida Kagame Yemereye Kuba Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2025 8:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kawhi Leonard
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye asuye abana 50 bamaze iminsi batozwa gukina Basketball k’ubufatanye n’umukinnyi wa Basketball w’Umunyamerika uri mu bakomoye muri iki gihe witwa Kawhi Leonard.

Kawhi yaje gutangiza ibikorwa byo kwigisha abana b’u Rwanda ibya Basketball.

Ubwo kandi biri no muri gahunda ndende u Rwanda rufatanyamo n’undi mugabo wakinnye agashora no muri uyu mukino witwa Masai Ujiri yitwa Giants of Africa.

Perezida Kagame yaje gutera aba bana akanyabugabo ko gukomeza uyu mukino bakazaba ibihangange nka Kawhi

Mu kiganiro yabagejeje ho, Perezida Kagame yashimiye uwo Kawhi kandi amwizeza ko ‘abishatse’ yakwibera mu Rwanda.

Perezida yahaye Kawhi rugari ngo nabishaka azibere mu rw’imisozi 1000.

Kawhi ni muntu ki?

Kawhi Anthony Leonard yavutse mu mwaka wa 1991, akaba Umunyamerika ukina Basketball kinyamwuga mu kipe yitwa  Los Angeles Clippers iri mu cyiciro cya mbere mu yagize Ishyirahamwe National Basketball Association (NBA).

Yabaye umukinnyi wahize abandi mu irushanwa ry’uyu mukino muri Amerika inshuro ebyiri, amuba inshuro esheshatu mu marushanwa ahuza abandi bakinnyi bakomeye bakina irushanwa ribahuza bita All-Star games.

Afite ibiganza biriho intoki ndende kandi zikomeye ku buryo bimworohera cyane gufata umupira wa Basketball akawugumana ntawe ushoboye kuwumwaka bityo kugarira no gutsinda bikamworohera.

Hari impaka ziri kugibwa muri iki gihe z’uko yaba umwe mu bakinnyi bakomeye Amerika yagize muri Basketball ku rwego rwa ba Micheal Jordan n’abandi nkawe.

Ubuhanga bwe yatangiye kubwerekana akiri no mu mashuri yisumbuye ku kigo Martin Luther King High School.

Yari mu ikipe y’abana bakinaga uyu mukino kandi mu mukino umwe bigeze gukina n’ikipe y’ikigo baturanye, mu manota 30 batsinze, we yihariye mo 22 ndetse byatumye bamuhimba akazina ka California Mr. Basketball.

Umwaka wa 2009 warangiye ari ku mwanya wa 48 mu gihugu cyose mu bashakishwaga ngo bahabwe umwanya mu makipe akomeye muri Basketball.

Mu mwaka wa 2011 nibwo yatangiye gushyirwa ku rutonde rw’agateganyo rw’abantu bashoboraga kwinjizwa mu makipe akina muri NBA kandi byaramuhiriye kuko ikipe Indiana Pacers yamutoranyije ariko aza kubengukwa na San Antonio Spurs iramwegukana.

Muri yo yatangiye kuhandikira amateka kuko mu mwaka wa 2014 yatumye ikipe ye itwara igikombe cya NBA championship, bituma yitwa umukinnyi wa mbere w’agaciro mu mikino ya nyuma y’amakipe yageze ku gikombe.

Yahakinnye ibyo  bita ‘seasons’ umunani, akomereza muri Toronto Raptors hari mu mwaka wa  2018, ahakina season imwe ari nabwo yagejeje iyi kipe ku mikino ya nyuma.

We na Kareem Abdul-Jabbar and LeBron James nibo bakinnyi bagejeje amakipe menshi ku mikino ya nyuma kandi akegukana intsinzi.

Nyuma y’urwo rugendo, yaje guhitamo kugaruka iwabo ku ivuko mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta ya California atangira gukinira ikipe y’aho yitwa the Clippers, hari muri Nyakanga, 2019 kugeza n’ubu niho ari.

Leonard afite abana babiri yabyaranye n’umugore we.

Bivugwa ko mu mwaka wa 2018 yasinyanye amasezerano n’uruganda rukora inkweto rwitwa New Balance kandi mbere yarwo, yari afitanye andi( n’ubu atararangira) n’uruganda Air Jordan rusanzwe ruyoborwa na Nike.

Yamamariza Air Jordan, rumwe mu nkweto zikundwa kurusha izindi ku isi.

Gusa Nike yo yigeze kuyirega ko yakoresheje ikirango cy’izina rimuranga abafana be bamuhimbye rya Klawku nkweto zayo itabimusabiye uburenganzira.

Muri Mutarama, 2020 ubwo icyamamare muri Basketball cyane cyane mu byo gucenga witwaga Kobe Bryant yapfaga azize impanuka y’indege, Kawhi yatangaje ko nyakwigendera yari inshuti ye ndetse ko umupilote wari utwaye indege yamuhitanye nawe yajyaga amutwara.

Uwo ni Pilote Ara Zobayan.

Mu magambo avunaguye, ibi ni ibigwi by’Umunyamerika ushaka kuzamura impano yo gukina Basketball mu bana b’u Rwanda.

TAGGED:AbanaBasketballfeaturedKawhiRwandaUjiriUmukinoUmunyamerika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Hari Itsinda Ryiyise Abaparakomando
Next Article e-Franc Rwandais: Ifarangakoranabuhanga u Rwanda Rushaka Gutangiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?