Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyifuzo Cya OMS/WHO Cyanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Icyifuzo Cya OMS/WHO Cyanzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2022 7:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta zunze ubumwe z’Amerika zanze ko uburyo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzuma, OMS/WHO, ryari risanzwe ribonamo amafaranga yo gukoresha buhinduka.

Hari ibihugu byinshi bisaba ko hashingwa  ikigega kihariye byazajya bishyiramo amafaranga yo gufasha OMS/WHO gukora.

Icyifuzo cy’ibi bihugu ni uko uburyo OMS/WHO yari isanzwe ibonamo amafaranga yo gukoresha bwahinduka, ntibube umwihariko ugenwa n’Amerika gusa.

Iki cyifuzo cyanzwe n’ubutegetsi bw’i Washington.

Kuba Amerika yabyanze ni imbogamizi ikomeye kuko isanzwe ari yo muterankunga mukuru w’iri shami.

Ibihugu byari byatanze kiriya gitekerezo ni ibyo ku yindi migabane y’Isi ni ukuvuga u Burayi, Afurika n’Aziya y’Amajyepfo.

Ubutegetsi bwa Leta zunze ubumwe z’Amerika buvuga ko aho kugira ngo hahindurwe uburyo WHO/OMS yari isanzwe ibonamo amafaranga, ahubwo hashingwa ikigega kihariye cy’ingoboka cyo kwifashishwa mu bihe by’ibyorezo.

Reuters yanditse ko abasesengura uko ubutegetsi bwa Joe Biden buri kwitwara ku mikorere ya OMS/WHO basanga hari impungenge ko igihe kizagera Amerika igahagarika inkunga isanzwe iha iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye.

Ababicyeka batyo babishingira ku ngingo y’uko n’uwo yasimbuye Donald Trump atari yishimiye imikorere y’iri shami rya UN, we akaba yarigeze no kurishinja gukorera mu kwaha k’u Bushinwa.

Ubutegetsi bwa Trump bwigeze kwerura buvuga ko Umuyobozi mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe amahoro ku isi, umunya-Ethiopia Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yashyizweho n’ubutegetsi bw’i Beijing.

Bamwe mu bahanga bo mu Bushinwa bari mu nzu bakoreramo urukingo SINOVAC(Photo@WHO-China)

Ikindi ni uko mu ntangiriro z’umwaka wa 2021, OMS/WHO hamwe na Leta y’u Bushinwa  byanenzwe uko byitwaye mu gihe COVID yadukaga mu isi.

Komisiyo yigenga yashyizweho na OMS/WHO yagaragaje ko iri shami rya UN rishinzwe ubuzima ku isi ryatinze gutangaza ibihe bidasanzwe ku isi.

Raporo y’iyi Komisiyo yagaragaje ko uku gucyererwa gutangaza ibihe bidasanzwe kwatumye ibihugu bitinda gufata ingamba bityo bibigiraho ingaruka.

Abakoze iriya raporo banenze u Bushinwa ko butafashe ingamba zo kwirinda hakiri kare, bityo icyorezo kigera kuri benshi kandi mu gihe gito kuko cyandura binyuze mu mwuka abantu bahumetse begeranye.

TAGGED:AmerikaBushinwafeaturedIcyorezoOMS/WHOUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yashimye Dr Salim Ku Isabukuru Ye y’Imyaka 80
Next Article Abaganga Bigenga Bafashe Icyemezo Kiri Bugire Ingaruka Zikomeye Ku Baturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?