Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Abayobora Israel Babwiye Isi Muri Iki Gihe Bibuka Jenoside Yakorewe Abayahudi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Icyo Abayobora Israel Babwiye Isi Muri Iki Gihe Bibuka Jenoside Yakorewe Abayahudi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2022 4:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Naphtali Bennet na Perezida Isaac Herzog bavuga ko Jenoside yakorewe Abayahudi ari cyo cyaha gikomeye cyakozwe mu isi kandi cyatangiye gutegurwa guhera mu myaka 3500 ishize.

Abayahudi bari batuye mu Misiri baciwe abana bose b’abahungu, bicwa ku itegeko ry’umwami Pharaoh.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Naphtali Bennett yabwiye abari baje gutangiza icyunamo cyo kuzirikana Abayahudi barenga miliyoni esheshatu  ko uretse na Pharaoh washakaga ko abana bose b’abahungu bapfa, ubaze indi myaka 1000 ishize umwami witwa Haman uvugwa mu gitabo cya Esiteri muri Bibiliya nawe yashatse kumara Abayahudi bose.

Yunzemo ko urw’Abayahudi bahuye narwo rutagarukiye gusa mu gihe cya Haman abanyamateka bise Xerxes I ahubwo ngo byarakomeje bigeza no mu gihe ubwami bw’Abongereza bwashakaga ko Abayahudi bose bashira mu Burayi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Si aba gusa kuko no muri Espagne bashatse kumara Abayahudi mu myaka 350 ishize ariko ntibabibasha n’ubwo batumye bahunga.

Abanazi bo baje bashyira mu bikorwa ibyo abababanjirije bananiwe, ariko nabwo ntibabamaze burundu.

Minisitiri w’Intebe na Perezida wa Israel babwiye abarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi bakiriho ko Israel ifite inshingano zitajegajega zo kubarinda aho bari hose ku isi.

Ku rundi ruhande ariko, aba bayobozi ba Israel babwiye abaturage babo ko kuba hari ahakigaragara ibikorwa byo gutoneka abarokotse iriya Jenoside binyuze mu gusenya imva z’abayizize, nta gitangaza kirimo.

Perezida Herzog yabwiye abaturage be ko igihugu cye ari nacyo cyabo, cyazutse kigaruka ibumuntu kandi ko ntawe uzagisubiza hasi aho yaturuka hose.

- Advertisement -

Ati: “ Byararangiye nta bantu bazongera kudushushubikanya batujyana aho bicira abantu, ngo batwinjize mu nzu badusucyemo imyuka yica. Byararangiye ntibizongera ko ababyeyi batandukanywa n’abana babo bakajya kurasirwa mu gihuriri. Nta Muyahudi uzongera kwica nk’isazi, byararangiye n’abandi babimenye!”

Minisitiri w’Intebe wa Israel Napthali Bennett avuga ko abaturage ba Israel ari bo bonyine bagomba gukora kugira ngo biteze imbere kandi bihagarareho.

Minisitiri w’Intebe Naphtali Bennet

Yavuze ko n’ubwo Abayahudi aho bari hose ku isi bashobora kwishimira ko bariho kandi bafite igihugu ariko ngo ahantu heza Umuyahudi akwiye kwishimira kuba ni muri Israel, i Yerusalemu, i Bethlehem, i Nazareth n’ahandi muri Israel.

Umuyobozi w’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi rwa Yad Vashem witwa Rabbi Israel Meir Lau niwe wacanye urumuri rutazima rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi.

The Jerusalem Post yanditse ko kuri uyu wa gatanu Perezida wa Pologne witwa Andrzej Duda azitabira ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi

Ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi byatangiye kuri uyu wa Gatatu taliki 27, Mata, 2022.

TAGGED:AbayahudiBenettfeaturedJenosidePerezidaPologneYerusalemu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Inkangu Yagwiriye Abana Babiri
Next Article Sergio Ramos Ukinira Paris Saint Germain Na Bagenzi Be Bazasura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?