Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Abayobora Israel Babwiye Isi Muri Iki Gihe Bibuka Jenoside Yakorewe Abayahudi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Icyo Abayobora Israel Babwiye Isi Muri Iki Gihe Bibuka Jenoside Yakorewe Abayahudi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2022 4:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Naphtali Bennet na Perezida Isaac Herzog bavuga ko Jenoside yakorewe Abayahudi ari cyo cyaha gikomeye cyakozwe mu isi kandi cyatangiye gutegurwa guhera mu myaka 3500 ishize.

Abayahudi bari batuye mu Misiri baciwe abana bose b’abahungu, bicwa ku itegeko ry’umwami Pharaoh.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Naphtali Bennett yabwiye abari baje gutangiza icyunamo cyo kuzirikana Abayahudi barenga miliyoni esheshatu  ko uretse na Pharaoh washakaga ko abana bose b’abahungu bapfa, ubaze indi myaka 1000 ishize umwami witwa Haman uvugwa mu gitabo cya Esiteri muri Bibiliya nawe yashatse kumara Abayahudi bose.

Yunzemo ko urw’Abayahudi bahuye narwo rutagarukiye gusa mu gihe cya Haman abanyamateka bise Xerxes I ahubwo ngo byarakomeje bigeza no mu gihe ubwami bw’Abongereza bwashakaga ko Abayahudi bose bashira mu Burayi.

Si aba gusa kuko no muri Espagne bashatse kumara Abayahudi mu myaka 350 ishize ariko ntibabibasha n’ubwo batumye bahunga.

Abanazi bo baje bashyira mu bikorwa ibyo abababanjirije bananiwe, ariko nabwo ntibabamaze burundu.

Minisitiri w’Intebe na Perezida wa Israel babwiye abarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi bakiriho ko Israel ifite inshingano zitajegajega zo kubarinda aho bari hose ku isi.

Ku rundi ruhande ariko, aba bayobozi ba Israel babwiye abaturage babo ko kuba hari ahakigaragara ibikorwa byo gutoneka abarokotse iriya Jenoside binyuze mu gusenya imva z’abayizize, nta gitangaza kirimo.

Perezida Herzog yabwiye abaturage be ko igihugu cye ari nacyo cyabo, cyazutse kigaruka ibumuntu kandi ko ntawe uzagisubiza hasi aho yaturuka hose.

Ati: “ Byararangiye nta bantu bazongera kudushushubikanya batujyana aho bicira abantu, ngo batwinjize mu nzu badusucyemo imyuka yica. Byararangiye ntibizongera ko ababyeyi batandukanywa n’abana babo bakajya kurasirwa mu gihuriri. Nta Muyahudi uzongera kwica nk’isazi, byararangiye n’abandi babimenye!”

Minisitiri w’Intebe wa Israel Napthali Bennett avuga ko abaturage ba Israel ari bo bonyine bagomba gukora kugira ngo biteze imbere kandi bihagarareho.

Minisitiri w’Intebe Naphtali Bennet

Yavuze ko n’ubwo Abayahudi aho bari hose ku isi bashobora kwishimira ko bariho kandi bafite igihugu ariko ngo ahantu heza Umuyahudi akwiye kwishimira kuba ni muri Israel, i Yerusalemu, i Bethlehem, i Nazareth n’ahandi muri Israel.

Umuyobozi w’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi rwa Yad Vashem witwa Rabbi Israel Meir Lau niwe wacanye urumuri rutazima rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi.

The Jerusalem Post yanditse ko kuri uyu wa gatanu Perezida wa Pologne witwa Andrzej Duda azitabira ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi

Ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi byatangiye kuri uyu wa Gatatu taliki 27, Mata, 2022.

TAGGED:AbayahudiBenettfeaturedJenosidePerezidaPologneYerusalemu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Inkangu Yagwiriye Abana Babiri
Next Article Sergio Ramos Ukinira Paris Saint Germain Na Bagenzi Be Bazasura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?