Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2025 11:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Berhane Kahsay
SHARE

Hagati y’itariki 21 n’iya 28, Nzeri, 2025 mu Rwanda hazabera irushanwa ry’isiganwa ry’amagare ku rwego rw’isi. Bamwe mu bazasiganwa bashima uko imihanda y’u Rwanda ikoze, bakemeza ko n’ikirere cyarwo kinejeje.

Kubera ko ari irushanwa ryo ku rwego rw’isi, ubwo rizaba riba hazaba hari abanyamakuru 700( abandika, abavuga…) na televiziyo 80.

Abantu 130 bakoresha imbugankoranyambaga bazwi henshi ku isi nabo bazaba bahari kandi imibare igereranyije ivuga ko iryo siganwa rizakurikirwa n’abantu miliyino 350 bo ku migabane itandukanye.

Rizaba ari ryo siganwa rya mbere ribereye muri Afurika riri kuri uru rwego, u Rwanda rukishimira ko ari rwo rwahawe uburenganzira bwo kuritegura ngo rizaruberemo.

Umunyamerika witwa Berhane Kahsay n’Umunya Canada witwa Douglas Konzuk babwiye RBA ko ubwo batemberaga u Rwanda basanze imihanda yarwo iboneye kandi igihugu gifite ubutumburuke butagize icyo butwaye.

Kahsay ati: “Iki ni igihugu gihebuje cy’aho umuntu yatwarira igare mu marushanwa kuko ndi kubona iri siganwa rizaba ridasanzwe bitewe nuko natangiye kubibona. Hari benshi bazatungurwa no kubona u Rwanda ku nshuro yabo ya mbere.  Niho hantu hambere nakunze mu bijyanye no gutwara igare bitewe nuko imihanda igendeka neza, nta binogo ndetse watwara igare uhumirije kandi ntugire ikibazo”.

Mugenzi we Konzuk avuga ko isuku igaragara mu mihanda bazatwariramo amagare nayo igaragaza ubushake igihugu cyashyize mu myiteguro ngo isiganwa rizashimishe buri wese.

Hagati aho muri iri siganwa hazakoreshwa ikoranabuhanga ryo gukurikirana abakinnyi mu nzira bazacamo mu rwego gufasha uwagira ikibazo icyo ari cyo cyose.

Iryo koranabuhanga ni Global Positioning System, GPS, rikazaba riri ku magare abakinnyi bazakoresha ariko hari n’abandi bazaba bacungira hafi uko ibintu mu muhanda bizaba byifashe.

Abakora mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira abashyitsi bavuga ko barangije gushyira ibintu byose ku murongo.

Sarah Kirenga yabwiye RBA ko abo mu ishyirahamwe abereye umuyobozi wungirije ry’abatanga serivisi za hoteli ryitwa Rwanda Hospitality Association bamaze kwitegura kuzakira neza abazaza babagana.

Incamake y’uko bizagenda.(Byakuwe kuri Wesitte ya UCI)
TAGGED:AmagarefeaturedImihandaIrushanwaIsiganwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse
Next Article Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?