Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Amashyaka Akomeye Muri Afurika Avuga Ku Miyoborere Ya FPR- Inkotanyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Amashyaka Akomeye Muri Afurika Avuga Ku Miyoborere Ya FPR- Inkotanyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 April 2023 3:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashyitsi baherutse kwitabira Inama ya Kongere ya FPR-Inkotanyi banditse uko babona iyoboye u Rwanda.

Muri rusange, bavuga ko u Rwanda ruteye imbere kandi rufite ubuyobozi buzi gushyira mu gaciro kandi mu nyungu z’abaturage bose.

Gabriel Ondongo waje uhagarariye ishyaka riyoboye Congo-Brazzaville ryitwa PCT avuga ko imyanzuro izafatwa nyuma y’iriya nama, izafasha u Rwanda gutera imbere kurushaho.

Avuga ko igihugu cye kizakomeza gukorana na FPR-Inkotanyi mu gihe kiri imbere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uwaje ahagarariye ishyaka riri ku butegetsi muri Ethiopia witwa Addisu Arega Kitessa (Prosperity Party of Ethiopia) avuga ko u Rwanda ari ikimenyetso gifatika cyerekana ko igihugu gishobora kwigobotora akaga cyashyizwemo n’amateka mabi, kigatera imbere.

Yemeza ko ishyaka riyoboye Ethiopia ryiyemeje gukorana na FPR-Inkotanyi mu rwego rwo gukomeza guteza imbere agaciro k’Abanyafurika.

Ni nabyo byagarutsweho na Roque Silva Samuel wari woherejwe n’ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique ryitwa Frelimo.

Yanditse kuri Twitter ati: “ Ubutumwa nahawe na Perezida wacu ni ugushimira u Rwanda kubera umusanzu rwaduhaye mu kurwanya iterabwoba ryari ryaratuzengereje. Imikoranire y’ingabo zacu n’iz’u Rwanda ni ingenzi kuri twe mu kugarura ibintu ku murongo.”

Uwo muri Sudani y’Epfo witwa Peter Lam Both waje uhagarariye ishyaka riyoboye kiriya gihugu ryitwa SPLM avuga ko iri shyaka rifite byinshi rihuriyeho na FPR-Inkotanyi.

- Advertisement -
Uwo muri Sudani y’Epfo witwa Peter Lam Both

Ngo yombi ni amashyaka ashaka impinduka zigamije ko abatuye u Rwanda n’abatuye Sudani y’Epfo babaho neza.

Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda witwa Wang Xuekun nawe yavuze ko ishyaka CPC riyoboye u  Bushinwa rishima iterambere Perezida Kagame yagejeje ku Banyarwanda.

Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda witwa Wang Xuekun

Ashima kandi ko FPR-Inkotanyi ibanye neza n’ishyaka riyoboye igihugu cye ari ryo CPC.

Cyriaque Nshimiyimana waje uhagarariye ishyaka riyobora u Burundi ryitwa CNDD/FDD avuga ko FPR-Inkotanyi yagize neza ubwo yatumiraga abo mu ishyaka rye.

Avuga ko ibyo yagejeje ku Rwanda byivugira kandi bikwiye kuba urugero n’ahandi.

Uwaje uhagarariye CCM witwa Anamringi Macha avuga ko umubano hagati y’u Rwanda na Tanzania ari ingenzi kandi ushingiye ku bikorwaremezo bituma Kigali ihahirana na Dar es Salaam.

Uwaje uhagarariye CCM witwa Anamringi Macha

Umushyitsi waje uhagarariye ishyaka riri ku bugetsi muri Repubulika ya Centrafrique witwa Evariste Ngamana nawe ashima ko u Rwanda ari inshuti y’igihugu cye kandi byagaragariye mu bufatanye bwa gisirikare no mu bundi buryo.

Ishyaka riyoboye Centrafrique ni MCU.

Richard Twodong waje uhagariye NRM iyoboye Uganda avuga ko umubano hagati ya Uganda n’u Rwanda ari uwa kera.

Richard Twodong waje uhagariye NRM iyoboye Uganda

Yashimye ko u Rwanda rwivanye mu bibazo rwasizwemo n’amateka y’ibyarubayeho.

Dr. Obert Mpofu wari uhagarariye ishyaka riyoboye Zimbabwe ryitwa Zanu-PF ashima Perezida Kagame kubera uruhare rwe mu gutuma u Rwanda ruri aho rugeze.

Ngo ni ikimenyetso cy’uko buri gihugu gishobora kuva ahantu habi kikagera ahantu heza.

TAGGED:AmashyakafeaturedFPRInkotanyiKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibikorwa Byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi Byavuguruwe
Next Article Nyanza: Yateye Umugabo We Icyuma Amusanganye N’Inshoreke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?