Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Leta Y’ u Rwanda Ivuga Ku Nkoni Yera Ivugwaho Guhenda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Leta Y’ u Rwanda Ivuga Ku Nkoni Yera Ivugwaho Guhenda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2022 4:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubumwe Nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutabona baraye basabye Leta kubafasha kubona inkoni ibafasha kutayoba cyangwa gutsitara kuko ngo ibahenda.

Dr Mukarwego Betty uyobora Ubumwe Nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutabona avuga ko mu mwaka wa 2019 na mbere y’aho iriya nkoni yaguraga byibura Frw 100,000.

Perezidante w’Ubumwe Nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutabona witwa Dr Mukarwego Betty

Yavugaga ko byaba byiza Leta ishyizemo ‘nkunganire’.

Umukozi muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe itumanaho witwa Joseph Curio Havugimana yabwiye Taarifa ko mu by’ukuri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ntako itakoze ngo ifashe abafite ubumuga bwo kutabona kugira inkoni yera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ngo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi Leta y’u Rwanda yashyizeho umurongo wo kwita ku byiciro byose by’abaturage b’igihugu ndetse inabishyira mu mategeko.

Havugimaa avuga ko umwaka ushize (Gicurasi 2021), Leta yashyizeho Politike igena ibikorwa byo kurengera no gufasha abafite ubumuga.

Ikubiyemo umurongo mugari ugenga gahunda zo gufasha abafite ubumuga no kubahiriza uburenganzira bwabo mu byiciro bitandukanye by’ubuzima bw’igihugu.

Binyuze mu Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, NCPD, (ubu yavuyeho)n’abandi bafatanyabikorwa, abafite ubumuga batishoboye bafashwa kubona ibibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi birimo insimburangingo n’inyunganirangingo, amasomo y’imyuga, inkunga zo kubateza imbere, n’ibindi.

Yongeyeho ko uko amikoro y’igihugu azaboneka ni ko n’umubare w’abafashwa na wo uziyongera.

- Advertisement -

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ivuga ko kugeza ubu mu Rwanda inkoni yera iboneka kuva ku Frw 14 000 kugera kuri Frw 25 000 bitewe n’ubwoko bwayo.

Kuva mu mwaka 2018 Leta imaze gutanga inkunga y’inkoni yera ku bantu 2,542 bafite ubumuga bwo kutabona batishoboye.

Abishoboye bo barayigurira.

TAGGED:featuredInkoniMinisiteriRwandaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Stade Amahoro Izasanwa Kuri Miliyari Frw 160
Next Article Sobanukirwa Uko Amazi Ya JIBU Atunganywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?