Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Ubumwe Bw’u Burayi Buvuga Ku Mugambi W’u Rwanda Wo Kwakira Abazava Mu Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Ubumwe Bw’u Burayi Buvuga Ku Mugambi W’u Rwanda Wo Kwakira Abazava Mu Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 June 2022 5:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda Nicola Bellomo avuga ko ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi bishyigikiye umugambi w’u Rwanda wo gufatanya n’u Bwongereza mu kwita ku bimukira bakomeje kwinjira muri kiriya gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Yabivuze mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma yo kwitabira Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana impunzi wabereye mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Gashora ahari inkambi y’impunzi zavuye muri Libya.

Bellomo ati: “ Sinavuga byinshi kuri icyo kibazo ariko navuga ko dushyigikiye ko u Rwanda rugira uruhare mu iboneka ry’igisubizo ku kibazo bariya bantu bafite.”

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda Nicola Bellomo

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi avuga ko bishimira ubufatanye n’u Rwanda mu kwita ku bibazo by’impunzi hagamijwe kuzifasha kubona aho zirambika umusaya.

Avuga ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi mu bintu bitandukanye.

Ashima ko Perezida Kagame ari we wiyemeje ko u Rwanda nk’igihugu cy’Afurika rugomba kugira uruhare mu gucyemura ibibazo bya Afurika kuko ibibazo by’Afurika bigomba gucyemurwa binyuze mu bisubizo byatanzwe n’Abanyafurika.

Minisitiri ufite mu nshingano ze gucyura impunzi no kurwanya ibiza, Madamu Kayisire Marie Solange avuga ko u Rwanda ruharanira ko impunzi zirurimo zibaho neza ariko nanone zikagira uruhare mu kwicyemurira ibibazo.

Avuga ko impunzi zigomba kwiga imyuga, zikiga n’ibindi byazigirira akamaro kugira ngo zidakomeza gutegereza ak’imuhana.

Minisitiri Kayisire avuga ko u Rwanda ruzakomeza gushaka uko abaruhungiraho bose babaho neza hakurikijwe amategeko abigenga.

U Rwanda rucumbikiye impunzi 127,000, inyinshi zikaba mu nkambi yazo iri i Mahama mu Karere ka Kirehe.

Muri Karere ka Bugesera kandi hatashywe inzu ngari izakira abimukira u Rwanda ruteganya kuzakira igihe cyose u Bwongereza buzaboherereza nk’uko bikubiye mu masezerano ibihugu byombi byasinyanye.

TAGGED:AmbasaderiBugeserafeaturedKigaliRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Ibiganiro Ku Kibazo Cya DRC
Next Article Guhagarika Imvugo Y’Urwango K’u Rwanda, Gushyiraho Umutwe W’Ingabo…Ibyavuye Mu Nama Yiga Ku Mutekano Muke Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?