Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Ubumwe Bw’u Burayi Buvuga Ku Mugambi W’u Rwanda Wo Kwakira Abazava Mu Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Ubumwe Bw’u Burayi Buvuga Ku Mugambi W’u Rwanda Wo Kwakira Abazava Mu Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 June 2022 5:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda Nicola Bellomo avuga ko ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi bishyigikiye umugambi w’u Rwanda wo gufatanya n’u Bwongereza mu kwita ku bimukira bakomeje kwinjira muri kiriya gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Yabivuze mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma yo kwitabira Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana impunzi wabereye mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Gashora ahari inkambi y’impunzi zavuye muri Libya.

Bellomo ati: “ Sinavuga byinshi kuri icyo kibazo ariko navuga ko dushyigikiye ko u Rwanda rugira uruhare mu iboneka ry’igisubizo ku kibazo bariya bantu bafite.”

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda Nicola Bellomo

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi avuga ko bishimira ubufatanye n’u Rwanda mu kwita ku bibazo by’impunzi hagamijwe kuzifasha kubona aho zirambika umusaya.

Avuga ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi mu bintu bitandukanye.

Ashima ko Perezida Kagame ari we wiyemeje ko u Rwanda nk’igihugu cy’Afurika rugomba kugira uruhare mu gucyemura ibibazo bya Afurika kuko ibibazo by’Afurika bigomba gucyemurwa binyuze mu bisubizo byatanzwe n’Abanyafurika.

Minisitiri ufite mu nshingano ze gucyura impunzi no kurwanya ibiza, Madamu Kayisire Marie Solange avuga ko u Rwanda ruharanira ko impunzi zirurimo zibaho neza ariko nanone zikagira uruhare mu kwicyemurira ibibazo.

Avuga ko impunzi zigomba kwiga imyuga, zikiga n’ibindi byazigirira akamaro kugira ngo zidakomeza gutegereza ak’imuhana.

Minisitiri Kayisire avuga ko u Rwanda ruzakomeza gushaka uko abaruhungiraho bose babaho neza hakurikijwe amategeko abigenga.

U Rwanda rucumbikiye impunzi 127,000, inyinshi zikaba mu nkambi yazo iri i Mahama mu Karere ka Kirehe.

Muri Karere ka Bugesera kandi hatashywe inzu ngari izakira abimukira u Rwanda ruteganya kuzakira igihe cyose u Bwongereza buzaboherereza nk’uko bikubiye mu masezerano ibihugu byombi byasinyanye.

TAGGED:AmbasaderiBugeserafeaturedKigaliRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Ibiganiro Ku Kibazo Cya DRC
Next Article Guhagarika Imvugo Y’Urwango K’u Rwanda, Gushyiraho Umutwe W’Ingabo…Ibyavuye Mu Nama Yiga Ku Mutekano Muke Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?