Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyuho Cy’Ibyo U Rwanda Rutumiza N’Ibyo Rwohereza Hanze Cyaragabanutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Icyuho Cy’Ibyo U Rwanda Rutumiza N’Ibyo Rwohereza Hanze Cyaragabanutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2021 9:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda John Rwangombwa yabwiye itangazamakuru ko n’ubwo u Rwanda rugitumiza hanze ibyo rukenera ariko ngo icyuho hagati y’ibyo rutumiza n’ibyo rwohereza cyaragabanutse.

Ku rundi ruhande ariko, ibyo rutumiza hanze byo byiyongereyeho 12.7%, ibyo rwoherezayo bizamukaho 58.8% mu gihembwe cya gatatu cya 2021.

Avuga ko byatewe n’uko narwo hari ibyo rwongereye rwohereza yo.

Rwangombwa yabivugiye mu kiganiro yahaye itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 11, Ugushyingo, 2021 cyari kigamije kubasobanurira uko ubukungu bw’u Rwanda bwifashe muri ibi bihe ruri kwivana mu bibazo rwasigiwe na COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko kuba idolari ry’Amerika rikiri hejuru cyane bityo ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro biterwa n’uko ibyinshi mubyo u Rwanda rukenera mu bukungu bwarwo rubitumiza hanze kandi mu madolari y’Amerika.

Ati:“Turabizi ko turi igihugu kidafite ibikoreshoremezo bikenerwa mu nganda bityo tugasohora amafaranga tubitumiza hanze. Bityo rero dukenera amadolari y’Amerika kugira ngo tubitumize hanze, ibi bikatuma ifaranga ryacu rigabanya agaciro.”

Rwangombwa yavuze ko iyo urebye uko ubukungu bw’u Rwanda buhagaze muri iki gihe, usanga buri kuzamuka kubera ko inganda zatangiye gukora, umusaruro w’ubuhinzi ukaba warabaye mwiza muri rusange kandi ibyo u Rwanda rwohereza hanze bikaba byariyongereye.

Abayobozi muri Banki Nkuru y’u Rwanda bavuga ko muri iki gihe u Rwanda rwongereye ibikomoka ku ndabo n’imbuto rwohereza hanze ndetse ikawa n’icyayi rwohereza yo nabyo byariyongereye.

Ku byerecyeye uko ibiciro byifashe muri iki gihe Goverineri Rwangombwa yavuze ko byamanutse kuko mu gihembwe cya gatatu byagabanutseho 0.6% mu gihe byari byazamutseho 0.7% gusa mu gihembwe cya 2 cy’uyu umwaka wa 2021.

- Advertisement -

Ikindi ni uko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 20.6% mu gihembwe cya 2 cy’uyu mwaka na 3.5% mu gihembwe cya mbere nyuma yo kugabanukaho 3.4% mu mwaka wa 2020.

Iyi 4.5% ni igipimo cy’inyungu fatizo ya BNR.

Kuba ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza ngo biterwa kandi n’uko n’ubukungu bw’isi muri rusange buri kuzanzamuka.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda yavuze ko hari icyizere ko COVID-19 ishobora gucogora ndetse ikanashira, bityo ubukungu bugakomeza kuzanzamuka

Kubera ko muri rusange Abanyarwanda bakurikije gahunda za Leta harimo no kwikingiza, hari icyizere ko abantu bazakomeza akazi kabo ka buri munsi bikagira uruhare mu gukomeza kuzamuka k’ubukungu.

Solaya Hakuziyaremye nawe yagize icyo avuga kuri Politiki y’ifaranga

Ikindi Banki Nkuru y’u Rwanda yishimira ni uko n’imibare itangwa n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari yerekana ko ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza.

Biteganywa kandi ko nta mpinduka zikabije zizaba ku isoko ry’ivunjisha kuko Igihugu gifite ubwizigame buhagije mu madovizi.

Kugeza ubu ahantu Banki Nkuru y’igihugu ibona hakiri ikibazo ni ibyerekeye kwishyura inguzanyo bahawe kubera ko COVID-19 yaje igatuma bahura n’ingorane mu bukungu.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko hari ingamba zafashwe zigamije korohereza abantu uburyo bwo kwishyura nko kongererwa igihe mu kwishyura inguzanyo, inguzanyo z’Ikigega nzahurabukungu ku bikorwa byazahajwe cyane COVID-19 ngo bibashe gusubukurwa.

TAGGED:AmafarangaBankifeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bakurikiranyweho Impapuro Mpimbano Zirimo Izemeza Ko Abantu Bipimishije COVID
Next Article Minisitiri W’Iterambere Rya Togo Hari Icyo Yavanye Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?