Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igisigaye Ni Ukubaka Inzego Z’Umutekano Za Mozambique-Umuvugizi Wa RDF
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Igisigaye Ni Ukubaka Inzego Z’Umutekano Za Mozambique-Umuvugizi Wa RDF

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2021 9:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Col Ronald Rwivanga uvugira Ingabo z’u Rwanda yabwiye Taarifa ko kuba izi ngabo zigaruriye  umujyi wafatwaga nk’ibirindiro by’abarwanyi ba Islamic State muri Mozambique ari ikintu gikomeye. Ngo akazi ka mbere barakarangije  hagiye gukurikiraho gufasha Mozambique kubaka igisirikare cyayo.

Kuri iki Cyumweru tariki 08, Kanama, 2021 nibwo ingabo z’u Rwanda zatangaje ko zigaruriye umujyi wa Mocímboa da Praia wo mu Ntara ya Cabo Delgado.

Zari zifatanyije n’iza Mozambique.

Uyu mujyi uri ku nyanja y’Abahinde kandi niho hari Ibiro by’Akarere n’Ikibuga cy’Indege.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku wa 5 Kanama 2020 nibwo bariya barwanyi bigaruriye uyu mujyi ubwo bagabaga ibitero mu bice bya Anga, 1 de Maio, Awasse n’igice kimwe cya Mocímboa da Praia.

Icyo gihe kandi banafashe ikirwa cya Vamizi mu Nyanja y’Abahinde.

Kugeza ku wa 10 Kanama Mocímboa da Praia yari yafashwe ndetse inyeshyamba zifunga inzira zose zashoboraga gutuma ingabo za Leta  zigezwaho intwaro.

Bidatinze  ingabo za Leta zahunze uyu mujyi.

Ubwo ingabo z’u Rwanda zambariraga urugamba rwo kubohora uriya mujyi, abarwanyi benshi bahise bawuhunga, bbamwe baricwa ndetse hafatwa n’intwaro nyinshi zirimo intwaro nto n’intwaro nini.

- Advertisement -
Gen Pascal Muhizi. Niwe uyoboye urugamba RDF iri kurwana muri Mozambique. Akuriwe na Major Gen Innocent Kabandana

Hanafashwe kandi igikapu kirimo urutonde rw’abarwanyi n’amazina yabo.

Kugeza ubu RDF na FADM baragenzura ibice bihuza Pemba na Parma na Afungi.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Col Ronald Rwivanga yabwiye Taarifa ati: “Ibi nibyo birindiro by’umwanzi imanzi bikomeye nababwiraga. Nta bindi asigaranye ariko turacyafite akazi ko gukora ‘security operations’ na ‘stabilization operations’ mbere y’uko twubaka inzego zumutekano za Mozambique.”

‘Security Operations’ na ‘Stabilization Operations’ Col Rwivanga avuga, ni ibikorwa bya gisirikare byo gukurikira umwanzi aho yahungiye, akicwa hanyuma hagakurikiraho guhumuriza abaturage no kureba uko bagaruka mu byabo.

Nyuma yabyo ngo nibwo ibihugu byombi bizakorana mu kubaka igisirikare cya Mozambique.

Major Jean Paul Mutarambirwa wari uyoboye abasirikare binjiye kandi bafata umujyi wa Mocímboa da Praia

Mu gukubitwa inshuro, abarwanyi bo muri Mozambique batatanye, bihuriza mu dutsiko duto.

Utu nitwo ‘dushobora kuzatangiza’ iby’ubucengezi ku ngabo z’u Rwanda.

Hari impungenge ko ba mudahusha ba bariya barwanyi, bazatuma umuhanda uhuza Amajyepfo n’Amajyaruguru bya Mozambique utaba nyabagendwa kubera kurasa abantu bose bazahaca.

Mozambique ifite imihanda iri mu bice bidatuwe cyane k’uburyo ba mudahusha bashobora kuzifashisha ahantu nk’aho mu kurasa abaca muri iriya mihanda.

Kuba Islamic State yaremeye kwifatanya na bariya barwanyi ba Al Shabaab bagakora icyo Amerika yise ‘ISIS Mozambique’ bivuze ko izajya iboherereza intwaro n’amafaranga byo gukoresha mu kazi kabo.

Ingabo z’u Rwanda zifatanyije na Polisi y’u Rwanda muri uru rugamba

Ingabo z’u Rwanda ngo zizi uko zizabyitwaramo…

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yavuze ko urugamba ‘rushobora’ kuzamara igihe.

Yagie ati: “ Byose birashoboka. Ariko tuzi uko  intambara za abacengezi zose zikorwa.”

Col Ronald Rwivanga avuga  ko igice cya mbere cya ziriya ntambara buri gihe kigomba kuba kigamije gutsinda inyeshamba/abacengezi ku rugamba no gusenya ibirindiro byabo.

Ati: “ Iyo niyo tugomba kurangiza vuba bishoboka.”

Nyuma y’iki gice cyo guhashya abarwanyi, hakurikiraho icyo gushyira ibintu ku murongo no kubaka inzego zita ku mibereho y’abaturage harimo n’iz’umutekano

Nibyo mu gisirikare bita ‘stabilization and security sector reform’.

Ni igice gisaba ubuhanga n’igihe kuko biba bisaba gukora k’uburyo abaturage bagirira inzego ziriho icyizere, bo ubwabo bakitandukanya n’abarwanyi bari barabijeje ibitangaza.

Iki gice nicyo gisaba  akazi kenshi kuko abaturage bagomba kubona amatwara meza ya Leta  kugira ngo bakomeze kuyishyigikira.

Kugira ngo igihugu kigire umutekano urambye hari byinshi biba bigomba gukorwa ariko kimwe mu by’ingenzi ni ukubakira urubyiruko ubushobozi bwo kwiga no kubona akazi.

Iki kandi nicyo bariya barwanyi bari barijeje abatuye Cabo Delgado, bababwira ko babazaniye ibyiza batigeze bahabwa na Guverinoma y’i Maputo.

TAGGED:AbarwanyifeaturedIngaboMozambiqueRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Trump Azongera Kwiyamamariza Kuyobora Amerika
Next Article Abantu 11 Barimo Abana Barindwi Baguye Mu Mpanuka Y’Ubwato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?