Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitero cy’Umwiyahuzi Cyishe Abantu Batandatu Kuri Noheli Muri RDC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Iterabwoba

Igitero cy’Umwiyahuzi Cyishe Abantu Batandatu Kuri Noheli Muri RDC

admin
Last updated: 26 December 2021 9:49 am
admin
Share
SHARE

Igisasu cyaturikijwe n’umwiyahuzi cyahitanye abantu batandatu mu ijoro rya Noheli, mu mujyi wa Beni mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ubuyobozi bwa gisirikare mu Ntara ya Kivu y’Amayaruguru bwatangaje ko mu gihe abantu bizihizaga Noheli, “umuntu witwaje igisasu yangiwe kwinjira mu kabari kari kuzuyemo abakiliya, aturikiriza igisasu ku muryango waho.”

Uretse abantu batandatu bapfuye, abandi 13 bajyanywe mu bitaro ngo bavurwe ibikomere.

Ubuyobozi buvuga ko icyo gitero cyagabwe n’umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF).

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi yasohoye itangazo ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu, yamagana abagabye icyo gitero kuri uyu wa 25 Ukuboza.

Yagize ati “Perezida Tshisekedi yijeje ko ibyo byaha bitazabura gukurikiranwa kandi ababigizemo uruhare bazashakishwa bakabiryozwa.”

Ibitero kuri ADF

Iki gitero kibaye mu gihe mu ntara ya Ituri umujyi wa Beni uherereyemo, hafi y’umupaka na Uganda, hamaze iminsi habera imirwano y’ingabo za Leta na ADF, ndetse uru rugamba rwamaze kwiyungwaho n’Ingabo za Uganda (UPDF).

UPDF yatangaje ko hamwe na FARDC bamaze kwigarurira ibirindiro bikomeye bya ADF/ISCAP bizwi nka Kambi Ya Yua.

Ni inkambi bivugwa ko yabagamo abarwanyi bagera muri 600 hamwe n’imiryango yabo. Yafashwe nta rugamba rukomeye ruhabereye.

Ingabo za Uganda zatangaje ko iyo nkambi ariyo yaberagamo inyigisho z’icengezamatwara n’ibindi bikorwa byo kwigisha ubuhezanguni, hashingiwe ku nyandiko zahasanze. Hanafatiwe imbunda nyinshi.

TAGGED:BenifeaturedPerezida Félix Tshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuntu Yapfiriye Ku Muhanda Wo Muhima Abura N’Uwamutwikira Isazi
Next Article Musenyeri Desmond Tutu Yitabye Imana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?