Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitero Simusiga Cyo Gufata Umurwa Mukuru Wa Ukraine Cyagabwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igitero Simusiga Cyo Gufata Umurwa Mukuru Wa Ukraine Cyagabwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 March 2022 3:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
T-14 prototype from above
SHARE

Abagaba b’ingabo z’u Burusiya bari muri Ukraine bagabye igitero kigabanyijemo inzira ebyiri kugira ngo bafate umurwa mukuru  wa Ukraine, Kiev.  Biremezwa n’abanyamakuru bakurikirana iby’iyi ntambara.

Si ubwa mbere ingabo z’u Burusiya zagabye ibitero zigamije kwigarurira Umurwa mukuru wa Ukraine kuko ubwo zabikoraga mu minsi micye ishize, zahuye n’abasirikare n’abaturage bamaramarije kurinda Umurwa mukuru w’igihugu cyabo, bazikoma imbere.

Ibitero byo gufata Umurwa mukuru, Kiev, byaraye bitangijwe mu masaha y’ijoro ryacyeye, abasirikare bamwe binjirira mu Burengerazuba bw’Umurwa mukuru, ahitwa Irpin abandi binjirira mu Burasirazuba bwawo ahitwa Brovary.

Umujyanama wa Perezida wa Ukraine ushinzwe iby’umutekano witwa Vadym Denysenko avuga ko n’ubwo ari uko bimeze, ingabo za Ukraine nabwo zihagazeho, zikoma mu nkokora ingabo z’u Burusiya ariko ngo intambara ikomeje gukara.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo hagaragaye ibifaro byinshi by’Abarusiya bigana i Kyiv.

Hari amakenga avanze n’ubwoba ko mu murwa mukuru, Kyiv, hari buraswe izindi bombe nk’iziherutse kuraswa mu mujyi wa Mariupol zigasenya ibitaro hakagwa abantu benshi barimo abarwanyi, abarwaza n’abaganga.

Byari ibitaro by’abagore n’abana.

Kugeza ubu abaturage bangana na miliyoni 2 bamaze guhunga umurwa mukuru, Kyiv nk’uko Meya wawo witwa Vitali Klitschko abivuga.

Abasigaye muri uriya murwa rero ngo biyemeje kurwanya Abarusiya kugeza ku wa nyuma.

Imibare itangwa n’igisikare cya Ukraine ivuga ko cyamaze kwica abasirikare 12 000 b’u Burusiya, zisenya ibifaro 1,100 , imodoka zitwara abasirikare n’intwaro zigera kuri 500, kajugujugu 81 n’indege nini 49 zose zarahanuwe.

U Burusiya bwo buvuga ko bwasenye ibikorwa remezo bya Ukraine bigera ku 2,900.

Mu gihe bivugwa ko ingabo z’u Burusiya zambariye gufata umurwa mukuru, Kyiv, ku rundi ruhande Perezida wa Ukraine ashinja OTAN/NATO ko bamutereranye none abaturage be bakaba bagiye gushira bamazwe n’Abarusiya.

Amerika yo ivuga ko idashobora guhubuka ngo ihe Ukraine indege z’intambara kubera ko byaba ari umwanduranyo weruye  ku Burusiya.

Ubuyobozi bukuru muri Politiki n’igisirikare muri Amerika bwasabye Ukraine kuba yibagiwe iby’uko izahabwa indege z’intambara kubera ko izihawe bishobora gutuma u Burusiya bwinjira mu Ntambara yeruye na OTAN/NATO bigatuma havuka Intambara ya Gatatu y’Isi.

Ibi bitangajwe mu gihe Visi Perezida w’Amerika Madamu Kamala Harris yaraye ageze i Varsovie muri Pologne aho ingabo ze ziherutse kohereza abasirikare n’indege nyinshi hagamijwe kurinda iki gihugu ko cyazaterwa n’u Burusiya niburangiza kwigarurira Ukraine.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo z’Amerika witwa Adm. John Kirby avuga ko nyuma yo gusesengura amakuru ava mu butasi bwa gisirikare basanzeg uha Ukraine indege z’intambara zo kwifashisha yivuna u Burusiya byarakaza iki gihugu kigatangira kurasa ku birindiro by’ingabo za OTAN/NATO ziri muri Lithuania, Pologne n’ahandi.

Ngo byakurura intambara yeruye kandi itatinda kuvamo intambara ya gatatu y’isi kuko u Bushinwa bwayinjiramo ku ruhande rw’u Burusiya.

Ntihabura kandi ibindi bihugu bihita biyicyamo, isi yose ikaba ihuye n’akaga.

Kirby yagize ati: “ Dufatana uburemere amakuru yatanzwe kandi agasesengurwa n’inzego zacu z’iperereza, akaba avuga ko turamutse twoherereje Ukraine indege z’intambara twaba dukoze u Burusiya mu jisho mu buryo bweruye kandi nk’uko Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano [Lloyd Austin] nawe arabyemera. Ubu tugomba kwitondera icyo tugiye gukora icyo ari cyo cyose.”

Amerika Yasabye Ukraine Gusubiza Amerwe Mu Isaho!

TAGGED:AbarusiyaAmerikaBurusiyafeaturedIntambaraKyivUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rukeneye Abakinnyi BIZE-FERWAFA
Next Article Perezida Tshisekedi Yabazwe Umutima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?