Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitero Simusiga Cyo Gufata Umurwa Mukuru Wa Ukraine Cyagabwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igitero Simusiga Cyo Gufata Umurwa Mukuru Wa Ukraine Cyagabwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 March 2022 3:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
T-14 prototype from above
SHARE

Abagaba b’ingabo z’u Burusiya bari muri Ukraine bagabye igitero kigabanyijemo inzira ebyiri kugira ngo bafate umurwa mukuru  wa Ukraine, Kiev.  Biremezwa n’abanyamakuru bakurikirana iby’iyi ntambara.

Si ubwa mbere ingabo z’u Burusiya zagabye ibitero zigamije kwigarurira Umurwa mukuru wa Ukraine kuko ubwo zabikoraga mu minsi micye ishize, zahuye n’abasirikare n’abaturage bamaramarije kurinda Umurwa mukuru w’igihugu cyabo, bazikoma imbere.

Ibitero byo gufata Umurwa mukuru, Kiev, byaraye bitangijwe mu masaha y’ijoro ryacyeye, abasirikare bamwe binjirira mu Burengerazuba bw’Umurwa mukuru, ahitwa Irpin abandi binjirira mu Burasirazuba bwawo ahitwa Brovary.

Umujyanama wa Perezida wa Ukraine ushinzwe iby’umutekano witwa Vadym Denysenko avuga ko n’ubwo ari uko bimeze, ingabo za Ukraine nabwo zihagazeho, zikoma mu nkokora ingabo z’u Burusiya ariko ngo intambara ikomeje gukara.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo hagaragaye ibifaro byinshi by’Abarusiya bigana i Kyiv.

Hari amakenga avanze n’ubwoba ko mu murwa mukuru, Kyiv, hari buraswe izindi bombe nk’iziherutse kuraswa mu mujyi wa Mariupol zigasenya ibitaro hakagwa abantu benshi barimo abarwanyi, abarwaza n’abaganga.

Byari ibitaro by’abagore n’abana.

Kugeza ubu abaturage bangana na miliyoni 2 bamaze guhunga umurwa mukuru, Kyiv nk’uko Meya wawo witwa Vitali Klitschko abivuga.

Abasigaye muri uriya murwa rero ngo biyemeje kurwanya Abarusiya kugeza ku wa nyuma.

Imibare itangwa n’igisikare cya Ukraine ivuga ko cyamaze kwica abasirikare 12 000 b’u Burusiya, zisenya ibifaro 1,100 , imodoka zitwara abasirikare n’intwaro zigera kuri 500, kajugujugu 81 n’indege nini 49 zose zarahanuwe.

U Burusiya bwo buvuga ko bwasenye ibikorwa remezo bya Ukraine bigera ku 2,900.

Mu gihe bivugwa ko ingabo z’u Burusiya zambariye gufata umurwa mukuru, Kyiv, ku rundi ruhande Perezida wa Ukraine ashinja OTAN/NATO ko bamutereranye none abaturage be bakaba bagiye gushira bamazwe n’Abarusiya.

Amerika yo ivuga ko idashobora guhubuka ngo ihe Ukraine indege z’intambara kubera ko byaba ari umwanduranyo weruye  ku Burusiya.

Ubuyobozi bukuru muri Politiki n’igisirikare muri Amerika bwasabye Ukraine kuba yibagiwe iby’uko izahabwa indege z’intambara kubera ko izihawe bishobora gutuma u Burusiya bwinjira mu Ntambara yeruye na OTAN/NATO bigatuma havuka Intambara ya Gatatu y’Isi.

Ibi bitangajwe mu gihe Visi Perezida w’Amerika Madamu Kamala Harris yaraye ageze i Varsovie muri Pologne aho ingabo ze ziherutse kohereza abasirikare n’indege nyinshi hagamijwe kurinda iki gihugu ko cyazaterwa n’u Burusiya niburangiza kwigarurira Ukraine.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo z’Amerika witwa Adm. John Kirby avuga ko nyuma yo gusesengura amakuru ava mu butasi bwa gisirikare basanzeg uha Ukraine indege z’intambara zo kwifashisha yivuna u Burusiya byarakaza iki gihugu kigatangira kurasa ku birindiro by’ingabo za OTAN/NATO ziri muri Lithuania, Pologne n’ahandi.

Ngo byakurura intambara yeruye kandi itatinda kuvamo intambara ya gatatu y’isi kuko u Bushinwa bwayinjiramo ku ruhande rw’u Burusiya.

Ntihabura kandi ibindi bihugu bihita biyicyamo, isi yose ikaba ihuye n’akaga.

Kirby yagize ati: “ Dufatana uburemere amakuru yatanzwe kandi agasesengurwa n’inzego zacu z’iperereza, akaba avuga ko turamutse twoherereje Ukraine indege z’intambara twaba dukoze u Burusiya mu jisho mu buryo bweruye kandi nk’uko Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano [Lloyd Austin] nawe arabyemera. Ubu tugomba kwitondera icyo tugiye gukora icyo ari cyo cyose.”

Amerika Yasabye Ukraine Gusubiza Amerwe Mu Isaho!

TAGGED:AbarusiyaAmerikaBurusiyafeaturedIntambaraKyivUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rukeneye Abakinnyi BIZE-FERWAFA
Next Article Perezida Tshisekedi Yabazwe Umutima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

You Might Also Like

Andi makuruMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUbuzima

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?