Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitutu Ni Cyinshi Kuri Koffi Olomide, Arazira Kuririmba Perezida Mnangagwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Igitutu Ni Cyinshi Kuri Koffi Olomide, Arazira Kuririmba Perezida Mnangagwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2021 12:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo uri mu bazwi kurusha abandi, Koffi Olomide, ari kwamaganwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga biganjemo Abanya Zimbabwe bavuga ko kuba yararirimbye Perezida Mnangagwa yarengereye.

Ngo Mnangagwa ntabwo ari Umukuru w’Igihugu wo kuririmbwa ubutwari kuko ngo atubahiriza uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye.

Koffi Olomide( amazina ye nyanyo ni Antoine Christophe Agbepa Mumba) aharutse gusohora indirimbo yise Patati Patata, yafatanyije n’abahanzi bo mu karere   ‘Roki’ Josphats n’undi wo muri Tanzania witwa  Rayvany.

Muri iriya ndirimbo hari aho Olomide agira ati: “Zimbabwe hoyee! ED Mnangagwa, Number 1.”

Abaturage ba Zimbabwe bavuga ko kuba Olomide yaremeye kuririmba Emmeson Mnangagwa byatewe n’uko uyu mugabo yamwishyuye kandi ngo amafaranga yamwishyuye yayakuye mu kigega cya Leta.

Bamwe muri bariya baturage bavuga ko Mnangagwa yatangiye kwishakira amajwi binyuze mu gukoresha abanyamuziki bakomeye barimo na Koffi Olomide.

Patati Patata

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Zimbabwe azaba mu mwaka wa 2023.

Olomide yakoreye iriya ndirimbo muri Zimbabwe, bikaba bivugwa ko yayikoreye mu nzu itunganya umuziki y’umuhanzi witwa Passion Java.

Daily Nation yanditse ko umunyamakuru ukora inkuru zicukumbuye wo muri Zimbabwe witwa Hopewell Chin’ono ari we wemeza ko amafaranga yatanzwe ngo hakorwe iriya ndirimbo yavanywe mu kigega cya Leta.

TAGGED:featuredKoffiMnangagwaOlomideUmunyamakuruZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwabaye Igihugu Cya Mbere Cy’Afurika Cyohereza Urusenda Mu Bushinwa
Next Article Urwego Rw’Umuvunyi Rurashinjwa Kwirengagiza Akarengane K’Umuturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?