Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigega RNIT Iterambere Fund Kimaze Kugwiza Miliyari Frw 42
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikigega RNIT Iterambere Fund Kimaze Kugwiza Miliyari Frw 42

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2024 5:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kugira umuco wo kwizigamira, Ikigo  Rwanda National Investment Trust Ltd kivuga ko kuva cyajyaho mu mwaka wa 2016 kimaze gukusanya Miliyari Frw 40 kandi kicyakira abandi bashoramari.

Kuri ubu gifite abanyamuryango bagera ku bihumbi 18 bari mu nzego zitandukanye z’ubukungu.

Emmanuel Ruziga Masantura ushinzwe itumanaho muri iki kigega avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ari yo yagihaye inshingano zo kubikira Abanyarwanda umutungo no kuwucuruza kugira ngo inyungu ivuyemo isaranganywe abanyamigabane.

Ati: “ Icyo dushinzwe muri iki kigo cya Leta kitwa RNIT ni ugufata amafaranga abanyamigabane bizigamiye tukayababikira ariko tukanayacuruza mu isoko ry’imigabane inyungu ivuyemo igasaranganywa abanyamuryango bose hatitawe ku bwinshi cyangwa ubuke bw’ayo babikije.”

Masantura avuga ko intego nkuru ari ukuzigamira atari ukubitsa no kubikuza.

Niyo mpamvu abanyamigabane bashishikarizwa kubitsa bakazabikuza nyuma y’igihe kirekire gishoboka kuko ari bwo bazaba bungutse mu buryo bugaragara.

Yizeza abantu bose bafunguye ubwizigamire muri iki kigega ko iba icunzwe neza kuko ari ikigega cya Leta kandi gifite uburyo kigenzurwa n’umugenzuzi wigenga ndetse n’Umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta.

Jonathan Gatera uyobora iki kigo yabwiye itangazamakuru ko umuco wo kuzigamira ari ingirakamaro mu gutuma abantu bazabaho batekanye mu gihe kiri imbere.

Ashishikariza urubyiruko n’ababyeyi kwitabira kubika amafaranga muri kiriya kigega kubera ko cyungukira umunyamigabane 11% buri mwaka.

Iyi ni inyungu idatangwa ahandi mu bindi bigo by’imari byaba Banki cyangwa ibindi.

Abanyarwanda bashishikarizwa kubitsa muri kiriya kigega kubera ko amafaranga abikijwe yo aba atekanye kandi azafasha mu ishoramari ryo mu gihe kiri imbere.

Gatera avuga ko kugira ngo amafaranga Umunyarwanda azaba yinjiza mu mwaka wa 2050 azabe ageze ku madolari igihugu kifuza ari ngombwa ko kwizigamira bitangira hakiri kare kandi bikaba umuco no mu bana.

TAGGED:featuredIkigegaImariImigabaneKwizigamaLetaRNITUmugenzuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yongeye Kubwira Amahanga Ko Atazayasaba Uruhushya Ngo Atabare u Rwanda
Next Article Umunsi Navuze Ko Naniwe Hazahita Hashyirwaho Undi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?