Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigo Apple Gikomeje Gushinjwa Gutera Inkunga Abiba Amabuye Ya DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu mahanga

Ikigo Apple Gikomeje Gushinjwa Gutera Inkunga Abiba Amabuye Ya DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2024 1:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyamategeko mpuzamahanga bavuga ko hari ibihamya ‘bifatika’ byerekana ko hari amadolari($) ikigo Apple cy’Abanyamerika gishyira mu bacukura amabuye y’agaciro muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu buryo budakurikije amategeko.

Aba bahanga bavuga ko amakuru bakusanyije bayavanye mu bakorana n’abacukura amabuye hirya no hino muri DRC avuga ko hari imitwe y’inyeshyamba ihabwa amafaranga n’abantu bakorana na Apple kugira ngo iki kigo kibona amabuye gikoresha mu gukora telefoni zigezweho za iPhones.

Hari itangazo abo bahanga bongeye gusohora basaba ubuyobozi bwa Apple gusubiza ibibazo ku ruhare rwayo muri ubwo busahuzi, bitaba ibyo hagakurikiraho kugana inkiko.

Icyakora abayobozi ba Apple ntacyo barabisubizaho, ndetse n’ibibazo bahawe na Reuters kuri iyi ngingo babirengeje ingohe.

Abanyamategeko ba DRC bari baragejekje ku buyobozi bwa Apple taliki 22, Mata, 2024 ibibazo byabazaga icyo bavuga ku ngingo y’uko hari abayoherereza amabuye mu buryo budaciye mu mucyo kandi abo bantu bakaba bakorana n’imitwe imena amaraso y’abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ibyo bibazo byagejejwe ku kicaro cya Apple ishami ry’Ubufaransa.

Ubuyobozi bw’iki kigo bwasabwaga kuba bwatanze ibisubizo kuri ibi bibazo mu byumweru bitatu ariko kugeza ubu nta gisubizo kiratangwa.

Bamaze kubona ko batasubijwe, abanyamategeko ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo kuri iyi ngingo ni abo mu kigo kitwa Lawyers Amsterdam & Partners LLP basohoye irindi tangazo bavuga ko Apple yirengagije nkana gusubiza ibibazo bayigejejeho bityo ko ari ngombwa kureba niba nta nzira z’inkiko zakurikiraho.

Umwe muri bo witwa Robert Amsterdam avuga ko hari n’ibindi bihamya babonye bishyigikira ibirego bikubiye muri dosiye bateganya kugeza ku nkiko barega Apple.

TAGGED:AbanyamategekoAmabuyeDRCfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Habineza Yajyanye Inyandiko Zaburaga Mu Idosiye Yo Kwiyamamaza
Next Article Impamvu Z’Umutekano Muke Mu Mboni Za Gen Nzabamwita
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyanza: Yari Hafi Kurongora None Akurikiranyweho Gusambanya Umwana

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?