Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikindi Gisasu Cyishe Abana Babiri Muri Uganda, Umwe Arakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ikindi Gisasu Cyishe Abana Babiri Muri Uganda, Umwe Arakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2021 10:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi ya Uganda yatangaje ko ahagana saa kumi n’ebyiri kuri uyu wa Gatandatu tariki 29, Ukwakira, 2021 hari ikindi gisasu cyaturiye ahitwa Segalye muri Nakaseke kica umuntu umwe hakomereka abantu babiri.

Ikibabaje ni uko abo cyahemukiye ari abana bagisanze mu kintu cyari gitezwemo batangira kugikinisha kirabaturikana.

Umwana w’imyaka 11 witwa Pius Kiwuwa niwe wahasize ubuzima abandi babiri barimo uwitwa Michael Kiyingi w’imyaka 14 akomerekana n’undi w’amezi 10 witwa Shield Odongo.

Kiyingi yajyanjywe ku bitaro aza kugwa mu nzira atageze yo.

Umwana Shield Odongo we ari kwitabwaho mu bitaro bya gisirikare by’i Bombo.

Aba bana bose ni bene Nakukasa Kalyango, bakaba bahuye na kariya kaga ubwo bakinaga n’ikintu basanze mu ntanzi z’urugo iwabo.

Odongo nk’umwana muto muri bo yatoraguye ikintu akeka ko ari ironji nyamara gutezwemo igisasu, atangira kugitera agapira aziko ari akadenesi.

Nta mwanya munini watambutse, mukuru we Kiwuwa nawe araza, aragifata ajya kureba niba ari ironji ngo baribage bakamuremo umutobe.

Bidatinze cyahise kibaturikana, Pius ahita agwa aho, Kiyingi na Odongo barakomereka cyane bajyanwa kwa muganga ariko Kiyingi agwa mu nzira kubera kuva cyane.

Itangazo rya Polisi ya Uganda rivuga ko batangiye iperereza ngo hamenyekane abihishe inyuma ya kiriya gitero

TAGGED:AbanafeaturedigisasuPolisiUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Ukekwaho Uruhare Muri Jenoside Yirukanwe Muri Amerika
Next Article Yashinze Ikigo Gifasha Abanyarwanda Ba Diaspora Bakurikirana Imitungo Basize Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?