Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikipe Y’u Rwanda Y’Amagare Yatahanye Intsinzi Yakirizwa Indabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ikipe Y’u Rwanda Y’Amagare Yatahanye Intsinzi Yakirizwa Indabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2022 11:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasore bagize ikipe y’u Rwanda y’umukino wo gutwara igare baraye bakiriwe nk’abami ubwo bari bageze  mu Rwanda bavuye muri Cameroun aho baherutse gutwara isiganwa rya kiriya gihugu bita ‘Tour du Cameroun.’

Ku kibuga cy’indege i Kanombe bahasanze abantu bari baje kubakira babazaniye indabo nk’ikimenyetso cy’urukundo no kubashimira inganji bacyuye i Rwanda.

Mugisha Moïse wabaye uwa mbere muri ririya rushanwa yavuze ko burya nta rushanwa ryoroha ribaho, ko baritsinze bahatanye.

Abanyarwanda bitwaye neza muri iri rushanwa

Uyu musore kandi niwe Munyarwanda wenyine watwaye  etape muri Tour du Rwanda iheruka.

Avuga ko yageze muri Cameroun arwaye ndetse hiyongeraho n’ubushyuhe bw’aho ariko ngo ntiyacitse intege, ahubwo yakomeje guhatiriza kugeza atsinze.

Abagize iyi Kipe bakiranywe indabo

Mugisha avuga ko yafashijwe na mugenzi we Eric Muhoza bituma akuramo iminota bari baraye bamubitsemo kandi ngo yayikuyemo ashyiramo ikinyuranyo cy’amasogonda 32.

Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’amagare witwa Sempoma Felix yavuze ko Tour du Cameroun yari ikomeye kandi ngo gukomera kwayo kwari gushingiye ku makipe yayitabiriye.

Indi mpamvu ngo ni uko maillot jaune yambawe n’abantu bane, umwe ayambura undi, gutyo gutyo!!

Sempoma ati: “ Ryari rikomeye kubera ko nk’ikipe yanjye twatwaye maillot jaune nta etape dutwaye . Ikindi cyatugoye ni uko hari ahantu hatambika twakoraga sprint, bikatugora. Twabonye umwanya wa kabiri, tubona umwanya wa gatatu, tubona umwanya wa kane ariko umwanya wa mbere turawubura.”

Felix Sempoma umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare

Umutoza avuga ko mu minsi ibiri ya nyuma babonye ko bishobora kuba bigoranye cyane gutsinda etape, ariko bakomeza bashaka kuba aba mbere muri rusange, ibyo bita classément génénal.

Moïse Mugisha atwaye Tour du Cameroun mu gihe  mu mwaka wa 2020 yigeze no gutwara isiganwa ryo muri kiriya gihugu ryitwa Tour Chantal Biya.

 

TAGGED:AmagareCamerounfeaturedMugishaSempomaUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo MINEDUC Isaba Abanyeshuri B’i Kigali Mu Gihe Cya CHOGM
Next Article Perezida Kagame Yambitse Umuyobozi Wa ITU Umudari W’Indashyikirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?