Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikirere Kibi Cyatumye Indege Ya RwandAir Igushwa Mu Gishanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ikirere Kibi Cyatumye Indege Ya RwandAir Igushwa Mu Gishanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2022 10:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha yo mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu taliki 20, Mata, 2022 indege ya RwandAir bivugwa ko yari  ivuye i Nairobi ijya Entebbe muri Uganda yagushishwe mu gishanga  n’abapilote nyuma yo kubona ko ari bwo buryo bwiza bwo gutabara abari bayirimo. Kubera ikirere kibi, ntibabonaga amatara ayobora indege mbere y’uko igwa.

Ibi byatumye bagira igitekerezo cyatabaye abari bayirimo, cyo kuyishyira mu gishanga kiri hafi y’ikibuga cy’indege cya Entebbe.

Ikigo RwandAir cyatangaje ko koko biriya byabaye ariko ngo nta muntu wabigiriyemo ibyago.

RWANDAIR Yajyaga ENTEBBEE (Uganda) Muri Uru Rukerera rwokuwa Gatatu Umupilote Byabaye Ngombwa ko Ayishyira (Landing) Hafi Mubishanga Nyuma Yaho Yananiwe Kubona Udutara Tumufasha Kumenya aho Amanukira bitewe n’ikirere Kibi Cyane.

IMANA ISHIMWE ABAGENZI BOSE NTAKIBAZO BAGIZE.. 🙏 pic.twitter.com/qUFSAZ3HF9

— David Bayingana (@david_bayingana) April 20, 2022

Amafoto ari kuri Twitter yatangajwe na David Bayingana yerekana imwe mu ndege za RwandAir iparitse mu gishanga, imbere amatara yaka kandi hari abatabazi bari hafi yayo.

Amakuru twamenye ni uko iriya ndege yari itwawe n’abanyamahanga barimo uwitwa Bernardo Antonio n’undi witwa Hassen Mezzuela.

Ni indege ihaguruka saa 01:20 za mu gitondo ikagaruka saa 05:50 za mu gitondo.

RwandAir yatangaje ko abagenzi bari bari muri iriya ndege bahawe indi kugira ngo bakomeze gahunda zabo.

Ubusanzwe ngo kugira ngo ive muri kiriya gishanga birasaba ko bifashisha kajugujgu ziremereye zikayizirika imigozi mu nda zigakurura kugira ngo isubizwe mu buryo bwatuma ishobora kuguruka.

Birumvikana ko aka ari akazi gashobora gufata igihe kinini mu rugero runaka.

TAGGED:featuredIkirereIndegeKampalaKigaliRwandAir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngoma: Abanyeshuri Ba Kaminuza Bashumbushije Uwarokotse Jenoside Uherutse Kwicirwa Inka
Next Article Umushinwa Wakoreye Abanyarwanda Iyicarubozo Yakatiwe Gufungwa Imyaka 20
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?