Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imigambi Ya Jean Pierre Bemba Uherutse Gushyirwa Mu Buyobozi Bw’Ingabo Za DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imigambi Ya Jean Pierre Bemba Uherutse Gushyirwa Mu Buyobozi Bw’Ingabo Za DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2023 12:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyu mugabo wayoboye inyeshyamba za MLC, yavuze ko agiye guha isomo abo ari bo bose bagize igihugu cye agatobero. Bemba ni umwe mu banyapolitiki bakomeye muri iki gihugu.

Yigeze kuba  Visi Perezida ku bwa Perezida Joseph Kabila, kugeza mu 2006.

Nyuma y’aho nibwo yatawe muri yombi ajya gufungirwa i La Haye mu Buholandi.

Nyuma yo kugirwa Minisitiri w’ingabo, ubu Jean Pierre Bemba ari kwisuganya ngo agane muri Minisiteri atangire akazi.

Abo mu ishyaka rye bavuga ko nagera mu kazi azatangira gukora uko bishoboka kose ngo arandure burundu uwo ari we wese wagize DRC insina ngufi acamo urukoma.

Icyakora hari amakuru avuga ko iyi nyeshyamba itishimiye gushyirwa muri Guverinoma iyobowe na Sama Lukonde.

Bivugwa ko yifuzaga ko ari we wagirwa Minisitiri w’Intebe.

Igihugu yahawe kuba Minisitiri w’ingabo zacyo, kimaze igihe cyarayogojwe n’inyeshyamba z’ubwoko bwose.

Ku isonga haza FDLR kuko ihamaze igihe kurusha iyindi n’ubwo na M23 nayo itoroshye.

Uyu mutwe ariko wo ufite umwihariko kubera ko usaba Guverinoma ya DRC gukurikiza amasezerano bagiranye hanyuma amahoro agahinda.

Narangiza kujya mu nshingano, Jean Pierre Bemba azaba afite akazi karimo no kuvugurura ingabo no kuzuha ibyo zikeneye byose  ngo zikore akazi kazo.

Ingabo za DRC kandi zifite ikibazo cy’uko n’abashinzwe kuzitaho bazihemukira n’amafaranga zari guhembwa bakayarya.

Kutagira ‘moral’ ku rugamba kubera kudahembwa, bituma zitarwana nk’uko bikwiye.

Andi makuru avuga ko Tshisekedi yahaye Bemba ubutumwa bwo kubiza u Rwanda icyokere kuko ngo ari rwo rubajujubya.

Yategetswe  guhuriza hamwe imikorere ya gisirikare muri  DRC haba ku butaka, amazi n’ikirere.

TAGGED:BembaDRCfeaturedIgisirikareRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanda Rubavu- Musanze- Kigali WAFUNZWE
Next Article Handball Ya Polisi Y’u Rwanda Yatsinze Iya Uganda Ku Mukino Wa Nyuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?