Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imiryango 4755 Yemerewe Amashanyarazi Binyuze muri #CanaChallenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imiryango 4755 Yemerewe Amashanyarazi Binyuze muri #CanaChallenge

admin
Last updated: 31 December 2021 3:20 pm
admin
Share
SHARE

Banki y’u Rwanda y’Iterambere (BRD) yatangaje ko binyuze mu bukangurambaga bwiswe #CanaChallenge, abantu batandukanye babashije gucanira imiryango 1,323 ndetse ibigo binini byiyemje gucanira imiryango 3,432.

Ni ubukangurambaga bwateguwe mu buryo umuntu umwe ufite ubushobozi atanga 15,000 Frw, maze BRD igahita yongeraho 100,000 Frw  umuryango umwe ukaba uhawe ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba.

Muri ubwo buryo umuntu ashobora gutanga amafaranga binyuze kuri MTN Mobile Money kuri *182*8*1*501173, cyangwa agakoresha konti zitandukanye nko muri BK: 100072686599, I&M: 20001081012 cyangwa World Remit.

Umuyobozi mukuru wa BRD, Kampeta Sayinzoga, yashimiye abamaze kwitanga kugira ngo iyi gahunda ishoboke.

Yakomeje ati “Reka noneho twihe intego y’ingo 10,000.”

Yasabye ibigo ko gushyira mu bikorwa intego byemeye bikayivunjamo amafaranga ari ukuzana impinduka ku miryango itishoboye.

Thank you for your overwhelming generosity !! Let's aim for 10,000 🏡 now .. We can do this 💡 💡
◇ Converting your pledges into cash is making a difference – let's keep the momentum ! #canachallenge @BRDbank https://t.co/fi9fL9nJN9

— Kampeta Pitchette Sayinzoga (@Ksayinzoga) December 30, 2021

Mu gihe cy’iminsi mikuru BRD yiyemeje gukusanya amafaranga nibura ashobora gucanira ingo 2500, ariko hamaze kuboneka ay’ingo 1323, binyuze mu bukangurambaga bukomeje kwitabirwa n’abantu benshi binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Ubu bukangurambaga buje muri gahunda y’imyaka itanu yatewe inkunga na Banki y’Isi, yashyizemo miliyoni $48 yiswe Rwanda Renewable Energy (REF).

Igice kimwe cya miliyari 9 Frw zashyizwe muri gahunda yo gucanira ingo zisaga 94,000 mu buryo buhendutse, yiswe Cana Uhendukiwe.

Ni gahunda ya Leta yatangijwe mu 2018 igamije korohereza abantu kubona ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba binyuze mu nguzanyo zihendutse zitangwa na za Sacco na banki z’ubucuruzi. Bikorwa ku bufatanye n’ibigo bitanga ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba.

Guverinoma y’u Rwanda ifite intego ko mu mwaka wa 2024 izaba imaze gucanira imiryango yose 100%. Kugeza ubu abafite amashanyarazi ni 67.1%.

TAGGED:BRDCana ChallengefeaturedImirasire y'Izuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikorwa Byo ‘Kurasa Umwaka’ Mu Mujyi wa Kigali Byahagaritswe
Next Article Kubyara Abana Benshi Mu Burundi Bishobora Gutangira Guhanirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?