Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imishinga Ya Hanga Pitchfest Yahembwe Miliyoni Frw 110
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Imishinga Ya Hanga Pitchfest Yahembwe Miliyoni Frw 110

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2024 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yabaye uwa mbere ahembwa Miliyoni Frw 50.
SHARE

Ba rwiyemezamirimo batanu bakoze imishinga myiza yahataniraga ibihembo byo muri Hanga Pitchfest 2024 bahembwe miliyoni Frw 110, bibera mu muhango wari uyobowe na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente wari Umushyitsi mukuru.

Mbere yo kuyihemberwa, babanje kuyimurikira abanyacyubahiro bari baje muri iki gikorwa cyarangije ibikorwa by’iminsi itatu by’Ihuriro Nyafurika rya karindwi ry’urubyiruko bita Youth Conneckt ryaberaga i Kigali.

Abantu batanu nibo bahembwe nyuma yo kugaragariza abaje muri iki gikorwa imishinga itanu ku bwabo bemeza ko izaba igisubizo kuri bimwe mu bibazo byugarije Afurika muri iki gihe.

Icyakora hari bamwe bavuga ko ari ngombwa ko imishinga ikorwa n’abahatanira biriya bihembo ikwiye kuba ikoze ku buryo busubiza ibibazo bigaragara mu cyaro.

Innocent Muhizi uyobora ikigo cy’u Rwanda gishinzwe isakazabumenyi mu ikoranabuhanga, RISA, ari mu babibona batyo.

Avuga ko ibyo bisubizo bigomba kuba bishingiye ku gukemura ibibazo by’abatuye icyaro.

Ati: “ Ibitekerezo no guhanga udushya ntabwo ari ibyo mu mijyi gusa kuko n’ibyinshi mu bibazo abantu bakeneye gukemura biri mu bice by’icyaro”.

Abatuye icyaro bafite ibibazo birimo kubura amazi meza, kubura amashanyarazi, imirire itaboneye, kudakoresha murandasi, urwego rw’ubuzima rutaratera imbere…ibyo byose bikagera ingaruka ku majyambere rusange y’abagituye.

Minisitiri w’ikoranabuhanga na inovasiyo Paula Ingabire avuga ko kuva Hanga Pitchfest yatangira (ubu hashize imyaka ine), yakorewemo imishinga irenga 1000 kandi iyo yose yagiriye benshi akamaro haba mu Rwanda n’ahandi muri Afurika.

Minisitiri w’ikoranabuhanga na inovasiyo Paula Ingabire

Ingabire yagize ati: “ Iyi Hanga Pitchfest ni iya kane kandi kuva zatangira mu myaka ine ishize, imishinga irenga 1000 yaratangijwe binyuze muri iri rushanwa. Turashaka ko rizaguka rikajya rikorerwa no hanze y’u Rwanda kugira ngo rihinduke igikorwa cya Afurika”.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente wari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa yashimye intambwe iri rushanwa ryegejeje ku rubyiruko rwaryitabiriye, avuga ko bikwiye gukomeza.

Ati: “ Kuva iri rushanwa mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga ryatangira, ryagize uruhare runini mu kuzamura umuhati wa ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda mu kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu cyacu”.

Avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yishimira iyo ntambwe kandi ko izakomeza gufasha kugira ngo Hanga Pitchfest igere ku ntego zayo.

Ngirente yashimye umuhati abatsinze bashyizeho mu guhanga imishinga yabo, abizeza inkunga ya Guverinoma mu gutuma ibyo biyemeje bigerwaho.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko Leta izakomeza guteza imbere abahanga udushya

Imishinga yatsinze ni uwitwa Sinc Today wahembwe Miliyoni Frw 50, Geuza Ltd wahembwe Miliyoni Frw 20, Afya Wave wahembwe Miliyoni Frw 15, Clenvile wahembwe Miliyoni Frw 12.5 na Lifeline Africa wahembwe Miliyoni Frw 12.5.

TAGGED:featuredHangaImishingaNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Habumuremyi Yashimiye Kagame Wamuhaye Andi Mahirwe
Next Article Uganda: Batwitse Kiliziya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?