Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imishyikirano Ya DRC Na M23 Yongeye Gusubikwa, Ruto Arasura Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imishyikirano Ya DRC Na M23 Yongeye Gusubikwa, Ruto Arasura Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 November 2022 7:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru wa Kenya Dr. William Ruto aratangira uruzinduko muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bivugwa ko azagiranamo ibiganiro birambuye na mugenzi we uyobora iki gihugu witwa Felix Tshisekedi.

Hagati aho, ibiganiro byagombaga kubera i Nairobi kuri uyu wa Mbere Taliki 21, Ugushyingo, 2022 nabyo byasubitswe kubera ko Inteko ishinga amategeko ya DRC iherutse kubuza Guverinoma kuganira na M23 kuko ngo ari ‘umutwe w’iterabwoba’ aho kuba inyeshyamba zisanzwe.

Biteganyijwe ko izasubukurwa mu mpera z’Icyumweru kizarangira Taliki 27, Ugushyingo, 2022.

The Star yo muri Kenya yatangaje ko Ruto yagiye muri kiriya gihugu mu biganiro na mugenzi we ku mibanire n’ubuhahirane hagati ya Kinshasa na Nairobi, ukwihuza kw’ibihugu bigize aka Karere n’uko umutekano wifashe muri DRC.

Hari ingabo za Kenya kandi zimaze iminsi muri DRC, zashinze ibirindiro mu Mujyi wa Goma.

Ubuyobozi bwa Kenya ndetse n’itangazamakuru ry’aho buvuga ko iki gihugu kiri gukora uko gishoboye ngo ibintu bigaruke mu buryo mu Karere u Rwanda na DRC biherereyemo.

Icyakora hari abandi bavuga ko muri iki gihe Kenya ifite umugambi mugari wo kugira ijambo ridakuka mu bibera mu Karere k’Ibiyaga bigari.

Mu muhati wa Kenya wo kugera kuri ibi, harimo n’uko iri guhuza impande zishyamiranye muri iki kibazo.

Intambwe ebyiri yagaragaje muri uyu mujyo ni uko i Nairobi ari ho hari kubera ibiganiro by’Umuhuza Uhuru Kenyatta ndetse no kuba iki gihugu cyarohoreje ( bwa mbere mu mateka yacyo) ingabo ngo zirwane mu ntambara iri kubera muri DRC.

Ingabo za Kenya zoherejwe muri DRC mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyemeranyijwe mu masezerano aherutse gusinyirwa i Nairobi agamije guhashya imitwe ikorera mu Burasirazuba bwa  DRC irimo na M23.

Izi ngabo zizakorana n’izindi zirimo iz’u Burundi, Tanzania na Uganda.

Biteganyijwe ko Ruto narangiza urugendo rwe muri DRC ahita ajya muri Koreya y’Epfo.

Indi nkuru wasoma:

Ingabo Za Kenya Zageze i Goma

TAGGED:DRCfeaturedKenyaM23RutoRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kanye West Yasubijwe Kuri Twitter
Next Article Undi Mudepite Mu Nteko Y’u Rwanda YEGUYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Umuyobozi Mu Ngabo Za Jamaica Yasuye RDF Ikorera Muri Iki Gihugu

Gukosoza Amakosa Mu Irangamimerere Biracyari Ikibazo Ku Irangamuntu Koranabuhanga

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu mahanga

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?