Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impamvu Zateye Laurent Gbagbo Gusura Jean Pierre Bemba I Kinshasa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Impamvu Zateye Laurent Gbagbo Gusura Jean Pierre Bemba I Kinshasa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2021 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gutaha iwabo muri  Côte d’Ivoire hari  tariki 17, Kamena, 2021, Bwana Laurent Gbagbo yagiye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo guhura na Jean Pierre Bemba. Aje mu bukwe bw’umukobwa wa Bemba, ariko hari n’ibindi bazaganira.

Gbagbo yageze i Kinshasa kuri uyu wa Gatanu, tariki 02, Kamena, 2021, rukaba urugendo azamaramo iminsi itandatu.

Aherekejwe n’umugore we[mushya kuko Simone Gbagbo batandukanye] witwa Nadiana Bamba, umujyanama we Narcisse Kuyo Téa n’umuganga we witwa Christophe Blé.

Nadianna Bamba uzwi nka Nady Bamba umugore mushya wa Laurent Gbagbo

Ggagbo aherutse gufungurwa nyuma y’imyaka 10 yari amaze afashwe afungirwa i La Haye mu Buholandi akurikiranyweho uruhare mu gutera imidugararo yakurikiye Amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye muri Mata 2011.

Urukiko rwaje kumugira umwere, arataha.

Jean-Pierre Bemba, usanzwe ari Perezida w’ishyaka ryitwa Movement  for the Liberation of Congo (MLC), nawe yigeze gufungirwa i La Haye ariko aza kurekurwa.

Ntibiramenyekana niba ku rutonde rw’ibyo Gbagbo azakora harimo no guhura na Perezida Tshisekedi.

Bemba na Gbagbo bafungiwe muri gereza ya La Haye mu Buholandi hagati y’umwaka wa 2011 na 2018.

Barabanye ndetse The African Report ivuga ko bajyaga basangira amafunguro.

Jean Pierre Bemba

Mu mpera za Mata, 2021 Jeune Afrique yabajije Jean Pierre Bemba niba ajya avugana na Laurent Gbagbo, asubiza ko bakivugana ndetse kenshi ariko ko atari bubivugeho ibintu byinshi.

TAGGED:BembafeaturedGbagboKinshasaLa HayeTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Isi Abantu Ni Magirirane-Mushikiwabo
Next Article Amerika: Abantu 121 Bamaze Iminsi 10 Munsi y’Inzu Yabagwiriye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?