Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impanuka Yahitanye Abantu 34
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Impanuka Yahitanye Abantu 34

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 July 2022 12:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisi yaguye mu ruzi igeze ahitwa Maua igana Nithi, Meru ikagera  i Nairobi abantu 34 bahasiga ubuzima. Byabaye mu masaha y’umugoroba wo kuri iki Cyumweru taliki 24, Nyakanga, 2022. Umuyobozi mu gace byabereyemo witwa Commissioner Nobert Komora yavuze ko ku by’amahirwe hari abantu 11 barokotse.

Imibiri y’abaguye muri iyi mpanuka yajyanywe mu bitaro by’ahitwa Chuka.

Polisi n’abandi bakora ubutabazi bazindutse bareba niba hari abandi baba barokotse.

Yacubiye mu mugezi igwa muri metero 40 ibujyakuzimu.

Abahaye Polisi ubuhamya bavuze ko iriya bisi yaguye mu mugezi ubwo umushoferi yayikataga yanga kugonga umumotari wari umuturutse imbere.

Yari igeze ku kiraro ihita ikubita inkingi zubatswe ku kiraro, irabirinduka igwa mu mugezi.

Hari umuturage wavuze ko yabonye impanuka nyinshi ariko iyaraye ibaye yo ari agahomamunwa.

Uwo muturage yitwa Martin Murimi.

Undi muturage witwa Nicholas Mutegi yabwiye abanyamakuru bo muri Kenya ko iriya bisi yihutaga cyane.

Hari n’abandi bavuga ko bishoboka ko umushoferi yagerageje kuhagarara ariko feri ziranga.

Ikindi kivugwa ni uko hataramenyekana mu buryo budasubirwaho umubare w’abayikomerekeye mo.

TAGGED:featuredImpanukaKenyaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Goma: Abigaragambya Batwitse Imodoka Ya MONUSCO
Next Article Mushikiwabo Ari Kubyaza Igifaransa Umusaruro Mu By’Ubukungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?