Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impanuka Yahitanye Abantu 34
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Impanuka Yahitanye Abantu 34

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 July 2022 12:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisi yaguye mu ruzi igeze ahitwa Maua igana Nithi, Meru ikagera  i Nairobi abantu 34 bahasiga ubuzima. Byabaye mu masaha y’umugoroba wo kuri iki Cyumweru taliki 24, Nyakanga, 2022. Umuyobozi mu gace byabereyemo witwa Commissioner Nobert Komora yavuze ko ku by’amahirwe hari abantu 11 barokotse.

Imibiri y’abaguye muri iyi mpanuka yajyanywe mu bitaro by’ahitwa Chuka.

Polisi n’abandi bakora ubutabazi bazindutse bareba niba hari abandi baba barokotse.

Yacubiye mu mugezi igwa muri metero 40 ibujyakuzimu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abahaye Polisi ubuhamya bavuze ko iriya bisi yaguye mu mugezi ubwo umushoferi yayikataga yanga kugonga umumotari wari umuturutse imbere.

Yari igeze ku kiraro ihita ikubita inkingi zubatswe ku kiraro, irabirinduka igwa mu mugezi.

Hari umuturage wavuze ko yabonye impanuka nyinshi ariko iyaraye ibaye yo ari agahomamunwa.

Uwo muturage yitwa Martin Murimi.

Undi muturage witwa Nicholas Mutegi yabwiye abanyamakuru bo muri Kenya ko iriya bisi yihutaga cyane.

- Advertisement -

Hari n’abandi bavuga ko bishoboka ko umushoferi yagerageje kuhagarara ariko feri ziranga.

Ikindi kivugwa ni uko hataramenyekana mu buryo budasubirwaho umubare w’abayikomerekeye mo.

TAGGED:featuredImpanukaKenyaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Goma: Abigaragambya Batwitse Imodoka Ya MONUSCO
Next Article Mushikiwabo Ari Kubyaza Igifaransa Umusaruro Mu By’Ubukungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?