Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyanzuro Ku Mitwe Irwanira Muri DRC Ivuga Ko M23 Igomba Kujya Muri Sabyinyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imyanzuro Ku Mitwe Irwanira Muri DRC Ivuga Ko M23 Igomba Kujya Muri Sabyinyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 November 2022 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama yaraye ihuje Abakuru b’ibihugu byo mu Karere u Rwanda na DRC biherereyemo bahuriye Luanda muri Angola yanzuye ko imirwano iri kubera mu Burasirazuba bwa DRC ihagarara, FDLR igashyira intwaro hasi, M23 yo igasubira ku Kirunga cya Sabyinyo.

Itangazo rukubiyemo imyanzuro y’iriya nama ku murongo wa munani harimo ko abakuru b’ibihugu basabye ko umutwe wa M23 ureka ibitero ugaba ku ngabo za Leta ya Congo, FARDC.

Ibi kandi ngo bigomba gutangira gushyirwa mu bikorwa kuva ku wa Gatanu taliki 25 Ugushyingo, 2022.

Kuri iyi ngingo kandi handitse ko hagomba kubahirizwa ibyemezo byo mu Nama z’Abakuru b’ibihugu bya EAC, zabaye ku wa 21 Mata na 20, Kamena, 2022.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi byemezo byari biri  mu nzira y’ibiganiro bya Nairobi ndetse n’iby’i Luanda muri Angola byafashwe tariki 06, Nyakanga, 2022.

Hagomba kandi kubahirizwa ibyemezo byafashwe n’abakuriye ingabo z’ibihugu by’Akarere mu nama yabereye i Bujumbura taliki 08 Ugushyingo, 2022.

Ku murongo wa kane w’umwanzuro wa munani hasaba umutwe wa M23 kuva mu duce wigaruririye ugasubira mu birindiro byawo mu kirunga cya  Sabyinyo ahareba muri  DRC.

Uko gusubira inyuma kugomba kugenzurwa  n’ingabo za Leta ya Congo, ingabo z’Akarere, Urwego nzenzuzi rufatanyije n’ingabo za MONUSCO.

Indi ngingo muri izo ivuga ko hagomba gushyiraho agace k’umutekano (zone tempo) hagati ya M23 na FARDC kakagenzurwa n’ingabo z’Akarere.

- Advertisement -

Abakuru b’ibihugu kandi  bafashe umwanzuro wo kwaka intwaro M23, abayigize bagashyirwa mu kigo gicungiwe umutekano n’ingabo za Leta, FARDC, zifatanyije n’ingabo z’Akarere, Urwego ngenzuzi na MONUSCO.

Abakuru b’ingabo z’Akarere na FARDC basabwe kandi kwiga inzira byacamo kugira ngo M23 yamburwe intwaro, abayigize bashyirwe mu kigo kimwe, ibisubizo bikazabigeza ku Nama y’Abakuru b’ibihugu izaba mu gihe kiri imbere.

Umwanzuro wa karindwi mu byemezo byafashwe, uvuga ko imitwe ya FDLR-FOCA, RED-TABARA, ADF  n’indi mitwe yitwara gisirikare “igomba guhita’ ishyira intwaro hasi kandi igataha mu bihugu ikomokamo.

Inama y’Abakuru b’ibihugu yasabye ko habaho gucyura impunzi z’Abanye-congo zahungiye mu Rwanda no muri Uganda, ndetse abakuwe mu byabo n’intambara na bo bagataha iwabo.

Byemejwe ko inama y’abakuru b’ibihugu nk’iyi izakurikiraho izabera i Bujumbura mu Burundi.

Inama yaraye ibaye yahurije hamwe Abakuru b’ibihugu by’Akarere barimo Ndayishimiye Evariste, Felix Tshisekedi n’Umuhuza  Uhuru Kenyatta k’ubutumire bwa Perezida wa Angola João Lourenço.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta wahagarariyemo Perezida Paul Kagame.

 

TAGGED:AbarwanyifeaturedM23Sabyinyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Ziri Kwiyongera Ku Isi: Turikiya Iri Gutegura Indi Kuri Syria…
Next Article Kirehe: Babwiye RIB Ibibazo Baterwa N’Amakimbirane Ku Masambu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?