Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyanzuro Ku Mitwe Irwanira Muri DRC Ivuga Ko M23 Igomba Kujya Muri Sabyinyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imyanzuro Ku Mitwe Irwanira Muri DRC Ivuga Ko M23 Igomba Kujya Muri Sabyinyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 November 2022 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama yaraye ihuje Abakuru b’ibihugu byo mu Karere u Rwanda na DRC biherereyemo bahuriye Luanda muri Angola yanzuye ko imirwano iri kubera mu Burasirazuba bwa DRC ihagarara, FDLR igashyira intwaro hasi, M23 yo igasubira ku Kirunga cya Sabyinyo.

Itangazo rukubiyemo imyanzuro y’iriya nama ku murongo wa munani harimo ko abakuru b’ibihugu basabye ko umutwe wa M23 ureka ibitero ugaba ku ngabo za Leta ya Congo, FARDC.

Ibi kandi ngo bigomba gutangira gushyirwa mu bikorwa kuva ku wa Gatanu taliki 25 Ugushyingo, 2022.

Kuri iyi ngingo kandi handitse ko hagomba kubahirizwa ibyemezo byo mu Nama z’Abakuru b’ibihugu bya EAC, zabaye ku wa 21 Mata na 20, Kamena, 2022.

Ibi byemezo byari biri  mu nzira y’ibiganiro bya Nairobi ndetse n’iby’i Luanda muri Angola byafashwe tariki 06, Nyakanga, 2022.

Hagomba kandi kubahirizwa ibyemezo byafashwe n’abakuriye ingabo z’ibihugu by’Akarere mu nama yabereye i Bujumbura taliki 08 Ugushyingo, 2022.

Ku murongo wa kane w’umwanzuro wa munani hasaba umutwe wa M23 kuva mu duce wigaruririye ugasubira mu birindiro byawo mu kirunga cya  Sabyinyo ahareba muri  DRC.

Uko gusubira inyuma kugomba kugenzurwa  n’ingabo za Leta ya Congo, ingabo z’Akarere, Urwego nzenzuzi rufatanyije n’ingabo za MONUSCO.

Indi ngingo muri izo ivuga ko hagomba gushyiraho agace k’umutekano (zone tempo) hagati ya M23 na FARDC kakagenzurwa n’ingabo z’Akarere.

Abakuru b’ibihugu kandi  bafashe umwanzuro wo kwaka intwaro M23, abayigize bagashyirwa mu kigo gicungiwe umutekano n’ingabo za Leta, FARDC, zifatanyije n’ingabo z’Akarere, Urwego ngenzuzi na MONUSCO.

Abakuru b’ingabo z’Akarere na FARDC basabwe kandi kwiga inzira byacamo kugira ngo M23 yamburwe intwaro, abayigize bashyirwe mu kigo kimwe, ibisubizo bikazabigeza ku Nama y’Abakuru b’ibihugu izaba mu gihe kiri imbere.

Umwanzuro wa karindwi mu byemezo byafashwe, uvuga ko imitwe ya FDLR-FOCA, RED-TABARA, ADF  n’indi mitwe yitwara gisirikare “igomba guhita’ ishyira intwaro hasi kandi igataha mu bihugu ikomokamo.

Inama y’Abakuru b’ibihugu yasabye ko habaho gucyura impunzi z’Abanye-congo zahungiye mu Rwanda no muri Uganda, ndetse abakuwe mu byabo n’intambara na bo bagataha iwabo.

Byemejwe ko inama y’abakuru b’ibihugu nk’iyi izakurikiraho izabera i Bujumbura mu Burundi.

Inama yaraye ibaye yahurije hamwe Abakuru b’ibihugu by’Akarere barimo Ndayishimiye Evariste, Felix Tshisekedi n’Umuhuza  Uhuru Kenyatta k’ubutumire bwa Perezida wa Angola João Lourenço.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta wahagarariyemo Perezida Paul Kagame.

 

TAGGED:AbarwanyifeaturedM23Sabyinyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Ziri Kwiyongera Ku Isi: Turikiya Iri Gutegura Indi Kuri Syria…
Next Article Kirehe: Babwiye RIB Ibibazo Baterwa N’Amakimbirane Ku Masambu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?