Nyuma yo gufunga umwe mu batavuga rumwe na Leta ya Turikiya witwa Imamoglu, abamushyigikiye bigabije imihanda barabyamagana.
Uyu munyapolitiki yari asanzwe ari umwe mu bantu bakomeye batavuga rumwe na Perezida Recep Tayyip Erdogan.
Ekrem Imamoglu kandi yari asanzwe ayobora Umurwa mukuru, Istanbul, akaba yari asanzwe ashaka kuziyamamariza kuyobora igihugu ahagarariye Ishyaka People’s Party’s (CHP) riteganya kuziyamamaza mu matora yo mu mwaka wa 2028.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo yatawe muri yombi ashinjwa ruswa.
Abamushyigikiye ntibatinze kubyamagana, bayoboka imihanda barigaragambya.
Polisi yatangiye kubakura mu mihanda binyuze mu kubatera ibyuka biryana mu maso, abandi ibarasa amasasu akoze mu biti ariko abenshi banga kuva mu mihanda.
Imamoglu we avuga ko ibyo bamushinja ari urwitwazo rwo kugira ngo abuzwe kuziyamamaza.
Icyakora we yanditse kuri X ko atazigera yunamira ubutegetsi ahanganye nabwo
Perezida Erdogan yatangaje kuri X ko ibyo uriya mugabo akora bigamije guhungabanya umudendezo rusange, bigatuma abaturage batishyira ngo bizane.
BBC ivuga ko abantu benshi bigaragambya bari kubikora bazunguza amabendera, banaririmba indirimbo zamagana ifatwa ry’umuntu wabo.
Umugore we witwa Dilek Kaya Imamoglu yabwiye abaje kwigaragambya ko ibyabaye bikwiye kwamaganwa n’uwo ari we wese ushyira mu gaciro.
Bivugwa ko imyigaragambyo yamaze kugera mu Ntara 55 muri 81 zigize iki gihugu.
Ni ibyemezwa na AFP.
Hari abanyamakuru, abanyapolitiki n’izindi ntiti baherutse gufungwa bakekwaho uruhare mu mugambi wo guhungabanya umutekano wa Turikiya bivugwa ko bari basangiye n’uriya munyapolitiki.
Uriya munyapolitiki akurikiranyweho gushinga ihuriro ry’abagizi ba nabi bari bafite umugambi wo gusahura ibya rubanda no gukoresha ruswa bahungabanya umudendezo w’igihugu.
Ni ruswa bivugwa ko yari ishingiye ku mitangire y’isoko.
AFP n’ibindi binyamakuru bitangaza ko yajyanywe gufungirwa muri gereza iri ahitwa Silivri.
Ikindi ni uko Imamoglu yakuwe ku buyobozi bw’Umujyi wa Istanbul.