Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyigaragambyo Mu Mujyi Wa Kigali: Abamotari Hari Ibyo Basaba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imyigaragambyo Mu Mujyi Wa Kigali: Abamotari Hari Ibyo Basaba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2022 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 13, Mutarama, 2022 abamotari bo hirya no hino mu Karere ka Nyarugenge n’ahandi bazindukiye mu myigaragambyo. Bavuga ko hari amafaranga bakatwa kuri mubazi zishyurirwaho n’abagenzi kandi ngo birabahombya.

Ikindi bavuga ko kigomba gusobanuka ni ubwishingizi bwa moto bukomeje guhenda.

Tariki 07, Mutarama, 2022 nibwo Ikigo kitwa Yego Innovation Ltd gifatanyije n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye guha abamotari bose mubazi zigomba gukoreshwa mu kwishyura ingendo hashingiwe ku ntera yagenzwe.

Ubusanzwe kwishyura umumotari byakorwaga bishingiye ku bwumvikane hagati ye n’umugenzi.

Ubu bwumvikane ariko hari ubwo bwangaga, ugasanga baritana ba mwana, umwe ngo ayo umpaye siyo twavuganye.

Taarifa yagerageje kuvugana na Bwana Ngarambe Daniel iyobora Ihuriro nyarwanda ry’Abamotari, FERWAKOTAMU, ngo atubwire icyo bateganya ngo bumvishe abamotari akamaro k’iriya mubazi ariko ntiyafashe telefoni.

Mubazi ni ikoranabuhanga ryazanywe n’Ikigo kitwa Yego Innovation Ltd cyatangiye gukorera mu Rwanda mu mwaka wa 2016.

Rikora hifashishijwe icyuma gipima urugendo moto  itwaye umugenzi ikoze hanyuma kikagena ayo agomba kwishyura.

Iki cyuma bakita “smart meter”.

Kigomba kuba kiri gukorana na murandasi kugira ngo igifashe mu kazi kacyo ko gupima intera hifashishijwe ikoranabuhanga rya GPS  rifasha mu kumenya intera igenzwe n’igihe urwo rugendo rumaze.

Kugeza ubu,  ariko Ikigo k’igihugu gishinzwe gukurikirana imirimo imwe n’imwe y’ingenzi ifitiye igihugu akamaro, RURA, cyashyizeho igiciro fatizo cya Frw 107 kuri buri kilometero igenzwe.

Ibilometero bibiri bya mbere umuntu agenze mubazi izajya imuca Frw 300 , ariko nagenda urugendo rugeze cyangwa rurenze ibilometero 40 noneho igiciro kibe Frw 187 kuri kilometero imwe.

Umuyobozi ushinzwe gukurikirana imikorere y’iyi gahunda muri RURA witwa Jean Pierre Mubiligi aherutse kubwira Taarifa  ko mbere uriya mushinga wasubitswe kugira ngo hagire ibindi bintu biwugize bibanza kunozwa.

Ubu ngo baje baramaramaje.

Ubwo uyu mushinga watangiraga bwa mbere hari mu mwaka wa 2017.

Ingamba yari iy’uko moto zigira mubazi zikoresha ikoranabuhanga bityo ibyo kwishyura mu kajagari ‘bigacika.’

Nyuma y’uko abamotari bigarambije kuri uyu wa Kane basaba ko amafaranga bakatwa kuri mubazi yavaho kandi ikiguzi cy’ubwishingizi kikagabanywa, ubu igihanzwe amaso ni ukureba uko iki kibazo kizacyemurwa.

TAGGED:AbamotarifeaturedKigaliMotoYego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article SADC Yongereye Igihe Ingabo Zayo Zizamara Muri Cabo Delgado
Next Article Yafotowe Ari Kujugunya Mu Ngarani Uruhinja Yari Amaze Kubyara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?