Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Ya 18 Iri Hafi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Ya 18 Iri Hafi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 November 2021 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe gito kiri imbere Inama y’Igihugu y’Umushyikirano irongera isubukurwa nk’uko amakuru  dufite abivuga.

Uzaba ari Umushyikirano wa 18, uyu ukaba ari wo ugiye kuba kuva Icyorezo COVID-19 cyaduka mu Rwanda, hari tariki 14, Werurwe, 2020.

Izaba kubera ko iteganywa n’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda kandi muri iki gihe ingamba zo kwirinda COVID-19 zikaba zarorohejwe.

Kugeza ubu ariko itariki nyayo iriya nama izatangirira ntiramenyekana.

Mu nama nk’izi zabanje, abitabiraga Umushyikirano babaga ari abayobozi mu nzego zitandukanye guhera ku nzego z’ibanze kugeza ko rwego rw’igihugu.

Ni Inama yigirwagamo ibibazo bireba igihugu, abayobozi bagahigura imihigo baba barahize mu  mwaka w’imihigo washize, bakayihigurira imbere ya Perezida wa Repubulika bakanahiga indi.

Ni umwanya kandi abayitabiriye basasaga inzobe bakaganira ndetse bagatebwa nk’uko byigeze kugenda mu mwaka wa 2016 ubwo umugabo witwa Habyarimana Joseph yasetsaga Abanyarwanda bose bari bakurikiye iriya nama.

Icyo gihe hari mu Ukuboza, 2016.

Yababwiye uko yatangajwe n’ubwiza bwa Kigali Convention Center n’uburyo abo yari yasize iwabo i Rusizi mu Murenge wa Gikundamvura yabamenyeshaga uko yasanze iriya nyubako iteye.

Habyarimana Joseph w’i Rusizi muri Gikundamvura yasekeje u Rwanda rwose mu Ukuboza, 2016

The New Times yanditse ko kuri iyi nshuro umubare w’abantu bazitabira Inama y’Umushyikirano uzaba muto ugereranyije n’uko byahoze, byose bigakorwa mu rwego rwo kwirinda ko hari uwahandurira COVID-19.

Abatazashobora kwitabira mu buryo bw’imbona nkubone, bazabikurikirana bakoresheje iyakure.

Kubera ko Inama y’Umushyikirano iteganywa n’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, iyi nama igomba kuba buri mwaka keretse mu bihe bidasanzwe nk’uko byagenze umwaka ushize wa 2020.

TAGGED:featuredIcyorezoRusiziUmushyikirano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Mu Nyanja’ Hamaze Kujugunywa Udupfukamunwa Toni 25,000
Next Article Ibya WASAC Bikomeje Kuyoberana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?